AmakuruImyidagaduro

Amagambo y’umuhanzi Kapeke yakuruye impaka muri Uganda

Umuhanzi wa Dancehall Kapeke yatangaje ko kuri ubu ari we muhanzi ukomeye muri Uganda, ibintu byahise bikurura impaka zikomeye mu bakunzi b’umuziki.

Mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru, Kapeke yavuze ko indirimbo ze ari zo ziri kumvikana cyane mu bice bitandukanye bya Uganda, bityo bikamuha icyizere ko ari we uyoboye umuziki muri iki gihe.

Yagize ati: “Abahanzi bari gusohora indirimbo, ariko ntabwo ziri kugera kure. Aho njya hose numva hacurangwa indirimbo zanjye. Ubu nemera ko ndi we muhanzi ukomeye kurusha abandi.”

Nubwo yavuze ayo magambo ashize amanga, Kapeke yemeye ko hari abandi bahanzi bakomeje gukora neza ndetse bamuhanganye ku rwego rwo hejuru mu muziki wa Uganda.

Muri abo yavuze harimo Fik Fameica, Vyroota na Mimi Kampala, avuga ko na bo bafite uruhare rukomeye mu guteza imbere umuziki w’iki gihugu.
Aya magambo ya Kapeke yakomeje guteza impaka ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe mu bafana bemera ko ari gukora cyane muri iki gihe, mu gihe abandi bavuga ko hakiri abandi bahanzi bafite izina rikomeye kurusha iye mu muziki wa Uganda.

Umuhanzi Kapeke (Ifoto: howwe.ug)

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *