AmakuruInkuru Nyamukuru

DRC: Ibintu byakomeye! Rwambikanye mu nkengero za Rubaya

Mugitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, mu bice byo hafi ya Rubaya muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, hongeye kumvikana imirwano ikaze hagati y’umutwe wa M23 n’ingabo za leta ya DR Congo zifatanyije n’abarwanyi ba Wazalendo, nk’uko abaturage bahatuye babitangaza.

Ramadhani Kakule, umwe mu bagize sosiyete sivile ya Masisi, yabwiye BBC ko iyo mirwano yatangiriye kare mu duce twa Kinigi na Kavuta, two mu bilometero nka 30 uvuye mu mujyi wa Rubaya uzwiho kugira ibirombe byinshi by’amabuye y’agaciro cyane cyane coltan.

Kakule yavuze ko iyi mirwano atari ubwa mbere ibaye muri ako gace, kuko amaze igihe igaruka inshuro nyinshi, aho impande zihanganye zihagarika kurwana igihe gito zikongera kubisubukura.

Yongeyeho ko abaturage benshi bamaze guhunga kubera umutekano muke, kandi ko hari impungenge z’uko n’uyu munsi hari abandi benshi bashobora gukurikira bagenzi babo bagata ingo zabo.

Mu minsi ishize, hari amakuru yavugaga ko ingabo za leta n’abarwanyi ba Wazalendo basubije agace ka Kinigi nyuma yo kwirukana abarwanyi ba M23, ariko nta ruhande na rumwe rwigeze rubyemeza ku mugaragaro.

Muri utu duce twa Kivu ya Ruguru na Kivu y’Epfo, hakomeje kuvugwa imirwano ya hato na hato hagati y’impande zihanganye, aho bavuga ko hifashishwa n’indege z’intambara ndetse na drones. Iyi mirwano yakomeje guteza impfu z’abasivile no gukomeza kwimura abaturage benshi.

Buri ruhande rushinja urundi kutubahiriza amasezerano yo guhagarika imirwano, buri wese avuga ko ari we wabanje kugabwaho igitero.

Leta ya DR Congo ikomeje gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23, mu gihe u Rwanda rwo rushinja ingabo za Kinshasa gukorana n’umutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’i Kigali.

Ibi birego impande zombi zishinjanya byagiye bigarukwaho no muri raporo zitandukanye z’inzobere z’Umuryango w’Abibumbye mu myaka yashize.

Ifoto yakuwe kuri GETTY IMAGES binyuze kuri AFP

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *