Abantu 9 bahitanywe n’ibiryo byo mu kiriyo abandi benshi bararemba

Abantu icyenda bamaze gupfa, mu gihe abandi bagera kuri 40 barembye bikomeye nyuma yo kurya ibiryo bikekwa ko byari birimo uburozi mu muhango wo kwibuka uwitabye Imana wabereye i Visiki, muri Teritwari ya Beni, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC).

Visiki iherereye ku birometero hafi 60 mu burengerazuba bw’Umujyi wa Beni. Amakuru yatangajwe kuri uyu wa Kane, tariki ya 3 Nzeri 2026, avuga ko abarwaye bagaragaje ibimenyetso by’uburozi, birimo kuruka, impiswi, kugira umuriro no kubura amaraso ahagije.

Imibare y’abapfuye yakomeje kwiyongera. Amakuru yari yatangajwe mbere yavugaga abantu batandatu, iza kugera kuri barindwi, mu gihe amakuru mashya yemejwe n’imiryango ya sosiyete sivile avuga ko bageze ku icyenda.

Nubwo icyateye ubu burozi kitaramenyekana burundu, amakuru yatangajwe mbere agaragaza ko abahuye n’iki kibazo bariye ubugali bwari bwatetswe mu ifu y’imyumbati ikekwa.

Iryo funguro ngo ryari ryateguwe mu muhango wo kwizihiza umunsi wa 40 nyuma y’urupfu rw’umwe mu bagize umuryango. Nyuma yo kurirya, abantu benshi batangiye kurwara, babiri muri bo bapfa ku munsi wakurikiyeho nk’uko Radio Okapi yabitangaje.

Jules Kaseraka Vayikehya, impuguke mu buzima rusange, yavuze ko ibipimo byafashwe ku barwayi byari byabanje gutuma hakekwa indwara ya Ebola, ariko ibisubizo by’ibizamini bikaza kugaragaza ko nta wayanduye. Ibyo byatumye hakomeza gukekwa uburozi bushobora kuba bwaraturutse mu ifu y’imyumbati.

Icyakora, inzego z’ubuzima ntiziremeza burundu ko iyo fu ari yo yateye urupfu. Iperereza rirakomeje kugira ngo hamenyekane icyari mu biryo, uko byateguwe n’aho ibikoresho byabyo byaturutse.

Tchetche Aliamini Musubao, umunyamabanga ushinzwe itangazamakuru muri sosiyete sivile y’aho, yasabye ubuyobozi bwa Teritwari ya Beni n’ubw’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru kohereza ubufasha bwihuse.

Yasabye ko abarwayi, cyane cyane abarembye, bimurirwa mu bitaro bikuru bifite ibikoresho n’abaganga bashoboye kwita ku bantu bahuye n’uburozi bukomeye. Bamwe bari kuvurirwa mu bigo nderabuzima bya Mambingi na Visiki, abandi bakajyanwa mu Bitaro Bikuru bya Mabalako.

Abaturage basabwe kwirinda ubwoba, gukurikiza amabwiriza y’isuku no kwihutira kujya kwa muganga igihe bagaragaje ibimenyetso birimo kuruka, impiswi cyangwa kubabara mu nda. Basabwe kandi gufasha abashinzwe iperereza kumenya inkomoko y’ibiryo byariwe muri uwo muhango.

Ifoto yifashishijwe mu gusobanura inkuru igaragaza amafunguro yateguwe mu muhango wo kunamira uwitabye Imana. Abantu icyenda bapfuye, abandi bagera kuri 40 bararemba nyuma yo kurya ibiryo bikekwa ko byari birimo uburozi i Visiki, muri Teritwari ya Beni. (Ifoto yakozwe hifashishijwe ikoranabuhanga rya AI: Kigali24)

Ibitekerezo