Indege nto y’intambara itagira umupilote ya drone y’Uburusiya yarashe gariyamoshi mu burengerazuba bwa Ukraine, hafi cyane y’umupaka wa Pologne, nyuma y’iminota mike gariyamoshi yari itwaye abahoze ari abayobozi bakomeye n’abajyanama mu by’umutekano b’i Burayi ihanyuze.
Iki gitero cyabaye ku Cyumweru tariki ya 13 Nzeri 2026, hafi ya sitasiyo ya Yahodyn, iri hafi y’umupaka wa Ukraine na Pologne. Drone yakubise moteri ya gariyamoshi, ariko nta muntu wapfuye cyangwa wakomeretse kuko abagenzi bari bamaze guhungishwa.
Ikigo cya Leta ya Ukraine gishinzwe gariyamoshi, Ukrzaliznytsia, cyatangaje ko mbere gato y’icyo gitero, muri iyo nzira hari haherutse kunyura gariyamoshi y’abadipolomate yari itwaye uwahoze ari Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza, Boris Johnson, uwahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Suède, Carl Bildt, ndetse n’abajyanama mu by’umutekano bo mu bihugu bitandukanye by’i Burayi.
Abo bayobozi bari bavuye mu nama ya Yalta European Strategy yabereye i Kyiv. Gariyamoshi ya bo yari yavuye kuri sitasiyo ya Yahodyn mbere y’igihe cyari giteganyijwe, kubera impinduka ku ngengabihe zikorwa mu rwego rwo kwirinda ibitero by’Uburusiya.
Ukrzaliznytsia yavuze ko bishoboka cyane ko gariyamoshi y’abadipolomate ari yo drone yari igambiriye, nubwo kugeza ubu nta gihamya yigenga yemeza ko abo bayobozi ari bo bari bagambiriwe. Ikigo cyavuze ko drone yari yabonywe hakiri kare, bituma hatangwa itegeko ryo guhungisha abagenzi iminota igera kuri 15 mbere y’uko igitero kiba.
Uwahoze ayobora Urwego rw’Ubutasi rwo muri Amerika, CIA, David Petraeus, na we yari muri indi gariyamoshi yari ikiri kuri sitasiyo ya Yahodyn ubwo icyo gitero cyabaga. Nta wahakomerekeye.
Johnson yamaganye icyo gitero, avuga ko kigaragaza ibitero abaturage ba Ukraine bahura na byo buri munsi, birimo n’ibigabwa ku bikorwa remezo bya gisivili. Yasabye ibihugu bishyigikiye Ukraine kongera ubufasha mu bijyanye n’ubwirinzi bwo mu kirere.
Uburusiya bwo bwemeje ko bwagabye ibitero ku bikorwa remezo bya gariyamoshi mu burengerazuba bwa Ukraine, buvuga ko bigira uruhare mu gutwara ibikoresho bya gisirikare bituruka mu Burayi.
Iki gitero cyabereye hafi cyane y’igihugu cya Pologne, kimwe mu bigize Umuryango wa NATO n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi. Kuri uwo munsi kandi, indi drone y’Uburusiya yarashe ikamyo hafi y’umupaka, bituma inzira ya Yahodyn-Dorohusk ifungwa by’agateganyo.

Ibitekerezo