Drones za Ukraine zatwitse icyanya cy’inganda cy’Uburusiya

Ibitero by’indege nto zitagira abapilote (Drones) bya Ukraine byibasiye icyanya cy’inganda, uruganda rutunganya peteroli n’ibigo by’ububiko bw’ibicuruzwa mu Mujyi wa Ryazan wo mu Burusiya, biteza inkongi z’umuriro zikomeye ndetse bituma sosiyete Wildberries ihagarika by’agateganyo ibikorwa bya yo muri ako gace.

Ibi bitero byo mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 29 Nyakanga 2026, biri mu mugambi Ukraine imaze igihe ikoresha wo kugaba ibitero kure cyane y’urugamba. Kyiv ivuga ko ugamije guca intege ubushobozi bw’Uburusiya bwo gutera inkunga intambara, cyane cyane binyuze mu kwibasira inganda, ibikorwa remezo bya peteroli n’ibigo by’ubwikorezi.

Guverineri w’Intara ya Ryazan, Pavel Malkov, yatangaje ko inzego z’ingabo z’Uburusiya zarashe indege nto zitagira abapilote 45 zari zinjiye mu kirere cy’iyo ntara. Yavuze ko ibisigazwa bya zimwe muri zo byaguye mu gace karimo inganda, biteza inkongi y’umuriro kandi byangiza inzu y’umuturage n’indi nyubako.

Malkov yongeyeho ko abantu batandatu bakomerekeye muri ibyo bitero, bajyanwa kwa muganga. Nubwo atahise atangaza amazina y’inganda cyangwa ibigo byibasiwe, amashusho n’amakuru yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yagaragazaga umwotsi mwinshi uzamuka mu gace karimo uruganda rutunganya peteroli n’ububiko bunini bwa Wildberries.

Wildberries, sosiyete ifatwa nk’iya mbere mu Burusiya mu bucuruzi bwo kuri interineti, yemeje ko yahagaritse ibikorwa ku kigo cya yo cy’ububiko n’ikwirakwiza ry’ibicuruzwa cya Ryazan. Abakozi basabwe kutajya ku kazi kugeza igihe bazamenyesherezwa ko umutekano wagarutse. Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, byatangaje ko iki kigo cyafashwe n’umuriro nyuma y’igitero.

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy, yemeje ko ingabo z’igihugu cye zagabye ibitero ku ruganda rutunganya peteroli no ku kigo cy’ubwikorezi n’ububiko muri Ryazan. Yavuze kandi ko indi nyubako ya gisirikare yibasiwe muri Crimea, igice cyambuwe Ukraine kikigarurirwa n’Uburusiya mu 2014.

Aho muri Crimea hari ibirindiro by’amato yihuta akoreshwa n’ingabo z’Uburusiya zikorera mu Nyanja Yirabura. Ukraine ikunze kuvuga ko amato nk’ayo akoreshwa mu kurinda ibirindiro by’Uburusiya, mu gutwara abasirikare no mu kugaba ibitero ku nyanja.

Zelenskyy yavuze ko Uburusiya bugomba kumva ko buri munsi intambara ikomeje ari ko ikiguzi cya yo kizamuka. Ubutumwa bwe bushimangira ko Kyiv ishaka kugeza ingaruka z’intambara imbere mu Burusiya, aho abaturage benshi bamaze imyaka babona urugamba nk’ikintu kibera kure y’aho batuye.

Ukraine ivuga ko ibikorwa bya yo byibanda ku bigo bifasha ingabo z’Uburusiya, aho kuba ku baturage. Icyakora, nk’uko bigenda no mu bitero by’Uburusiya muri Ukraine, ibisigazwa by’intwaro zirasiwe mu kirere n’ibisasu biyoba bishobora kugwa ku nyubako z’abaturage, bigahitana cyangwa bigakomeretsa abantu.

Wildberries imaze kwibasirwa inshuro nyinshi

Igitero cya Ryazan cyabaye nyuma y’ibindi byibasiye nibura ububiko burindwi bwa Wildberries mu duce dutandukanye tw’Uburusiya mu minsi mike. Iyo sosiyete ivuga ko ibyangiritse bingana na hafi 10% by’ubushobozi bwayo bwose bwo kubika no gukwirakwiza ibicuruzwa.

Ibikorwa bya Wildberries ntibishingiye gusa ku bicuruzwa bya yo. Abacuruzi bato n’abaciriritse babarirwa mu bihumbi byinshi bifashisha urubuga rwayo kugira ngo bagurishe imyambaro, ibikoresho byo mu ngo, ibiribwa, telefone n’ibindi bicuruzwa. Iyo ububiko bwa yo bufunzwe cyangwa bugashya, ingaruka zigera ku bacuruzi, ku bakozi, ku masosiyete atwara ibicuruzwa no ku bakiriya.

Wildberries yatangaje ko ibitero byatangiye ku wa 18 Nyakanga, kandi ko hari abakozi bishwe n’abandi bagakomereka. Ku wa 28 Nyakanga, sosiyete yavuze ko yari imaze gutanga miliyoni 40 z’amarubule y’Uburusiya, ni ukuvuga hafi ibihumbi 509 by’amadolari, nk’impozamarira ku miryango y’abapfuye no ku bakomeretse bikomeye. Ibyo byemejwe mu makuru yatangajwe na Reuters.

Kyiv ishinja Wildberries gufasha igisirikare cy’Uburusiya, yaba mu gutanga ibikoresho cyangwa mu mikoranire yayo n’ibigo by’imari bifitanye isano na Leta. Wildberries ntivuga ko ari ikigo cya gisirikare, ahubwo yerekana ko ari urubuga rusanzwe rw’ubucuruzi rukoreshwa n’abaturage n’abacuruzi bato.

Kugeza ubu, biragoye kugenzura mu buryo bwigenga amakuru yose atangwa n’impande zombi ku birebana n’intego z’ibitero n’ingano nyakuri y’ibyangiritse.

Zelensky yemeje ko igihugu cye cyateye Uburusiya (Ifoto: Global News)

Leta y’Uburusiya ishobora gutabara Wildberries

Ibitero kuri Wildberries byatangiye kugira ingaruka zirenze iz’urwego rw’ubucuruzi. Amakuru avuga ko Leta y’Uburusiya irimo gusuzuma uburyo yafasha iyo sosiyete n’abacuruzi bayikoreraho, bushobora kubamo inguzanyo zoroherejwe, inkunga cyangwa kugabanyirizwa imisoro.

Bamwe mu bacuruzi batakaje ibicuruzwa byabo bavuga ko impozamarira yonyine idahagije, kuko hari abari bafashe inguzanyo zo kugura ibicuruzwa byashyizwe mu bubiko bwaje kwibasirwa. Kutabona amafaranga y’ibyari kugurishwa bishobora kubabuza kwishyura amabanki, imishahara n’imisoro.

Banki nini yo mu Burusiya, Sberbank, yatangaje ko ishobora kongera amafaranga izigamira inguzanyo zishobora kutishyurwa, nyuma y’uko abacuruzi bagera kuri 300 bakorana na Wildberries basabye ko gahunda yo kwishyura inguzanyo za bo yavugururwa. Ibi byerekana uburyo igitero ku kigo kimwe cy’ububiko gishobora kugera ku rwego rw’amabanki n’ubukungu bw’igihugu muri rusange.

Wildberries irimo kandi gushaka ahandi yabika ibicuruzwa, harimo no muri Kazakhstan, mu rwego rwo kugabanya ibyago byo gukomeza kwibasirwa no gusubizaho imikorere y’uruhererekane rwo kugeza ibicuruzwa ku bakiriya.

Uruganda rwa Ryazan ruri mu bigo by’ingenzi bitunganya peteroli mu Burusiya. Ibitero ku nganda nk’izo bifite intego ebyiri: kugabanya ibikomoka kuri peteroli bishobora gukoreshwa n’ingabo no kubuza Uburusiya kubona amafaranga aturuka ku bucuruzi bw’ingufu.

Uburusiya ni kimwe mu bihugu bicuruza peteroli na gaze nyinshi ku isi. Nubwo bwafatiwe ibihano n’ibihugu byo mu Burengerazuba nyuma yo gutera Ukraine muri Gashyantare 2022, bwakomeje gucuruza ingufu cyane cyane mu bihugu byo muri Aziya.

Ukraine ntifite abasirikare n’intwaro bingana n’iby’Uburusiya. Ni yo mpamvu yibanda ku gukoresha indege nto zitagira abapilote zishobora kugenda ibirometero byinshi, zigatera ibikorwaremezo bifite agaciro gakomeye kandi zikagora Moscow kubirinda byose icyarimwe.

Minisitiri w’Ingabo wa Ukraine w’agateganyo, Yevhenii Khmara, yavuze ko igihugu cye kidashobora guhangana n’Uburusiya gikoresha intwaro imwe ku yindi cyangwa umusirikare umwe ku wundi. Yavuze ko kigomba gukoresha umutungo muke gifite mu buryo bwitondewe kandi kigakoresha amayeri yo kwibasira ahantu hashobora guteza umwanzi igihombo kinini kurusha ikiguzi cy’igitero.

Khmara yasobanuye ko ibitero bya kure byibanda cyane ku nganda za peteroli, ububiko n’imiyoboro y’ibikoresho, kugira ngo bigabanye ubushobozi bw’Uburusiya bwo gukomeza intambara. Mu kiganiro cye cya mbere nyuma yo kujya kuri uwo mwanya, yavuze ko Ukraine ikeneye gukora mu buryo budahuje n’imbaraga z’umwanzi.

Abaturage bishwe ku mpande zombi

Mu gihe ibitero byibasiye Ryazan, mu mujyi wa Taganrog wo mu majyepfo y’Uburusiya, umugore yapfuye naho umugabo arakomereka ubwo ibisigazwa by’ikisasu byagwaga ku nyubako y’amacumbi. Taganrog iri ku Nyanja ya Azov kandi ibarizwamo inganda zitandukanye n’icyambu cyoherezwa mu mahanga ibinyampeke.

Ku ruhande rwa Ukraine, ubuyobozi bw’i Kherson bwatangaje ko umugabo umwe yishwe naho abandi batatu bagakomereka mu gitero cy’indege nto y’Uburusiya.

Mu Ntara ya Dnipropetrovsk, abantu batanu barimo umwana bakomerekeye mu bitero byinshi Uburusiya bwagabye bukoresheje indege nto, ibisasu biterwa n’indege n’imbunda nini. Ibitero nk’ibi bikomeje gushyira abaturage b’impande zombi mu kaga, nubwo buri ruhande ruvuga ko intego za rwo ari iza gisirikare.

Minisiteri y’Ingabo y’Uburusiya na yo yatangaje ko abasirikare bwa yo bafashe imidugudu ibiri ya Ukraine: Svitle yo mu Ntara ya Donetsk na Nova Sich yo mu Ntara ya Sumy. Ibi ntibyahise byemezwa n’uruhande rwigenga, mu gihe imirwano ikomeye ikomeje ku rugamba rufite uburebure bwa kilometero zirenga 1,200.

Uburusiya bwavuze kandi ko indege za bwo zitagira abapilote zakubise amato abiri yari atwaye intwaro n’ibikoresho bya gisirikare mu burasirazuba bw’icyambu cya Odesa. Ubuyobozi bwa Ukraine bwemeje ko hari ibikorwaremezo byangiritse muri ako gace, ariko ntibwasobanuye niba ayo mato yarimo intwaro nk’uko Moscow yabivuze.

Uburusiya na Ukraine byongereye ibitero ku mato yo mu Nyanja Yirabura no mu Nyanja ya Azov. Ibi byateje impungenge ku mutekano w’amato atwara peteroli n’ibinyampeke, binagabanya ingano y’ibicuruzwa binyura muri ako karere.

Ukraine ni kimwe mu bihugu by’ingenzi byohereza ingano, ibigori n’amavuta y’ibihwagari mu mahanga. Uburusiya na bwo ni igihugu gikomeye mu kohereza ibinyampeke na peteroli. Iyo ibyambu n’amato byibasiwe, ingaruka zishobora kurenga akarere k’intambara zikagera ku biciro by’ibiribwa n’ingufu ku isoko mpuzamahanga.

Amato y’ubucuruzi ashobora guhindura inzira, amasosiyete y’ubwishingizi akazamura ibiciro, mu gihe bamwe mu bacuruzi bahitamo guhagarika ingendo. Ibyo byose bituma ikiguzi cyo kugeza ibicuruzwa ku masoko yo muri Afurika, Aziya no mu Burasirazuba bwo Hagati cyiyongera.

Ibi bitero byabaye nyuma y’umunsi umwe Zelenskyy ahuye na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump, i Washington. Bombi baganiriye ku buryo Ukraine yahabwa uburenganzira n’ikoranabuhanga byo gukorera ku butaka bwayo ibisasu bya Patriot bifata ibisasu bya misile biri mu kirere.

Patriot ifite akamaro kanini mu kurinda imijyi ya Ukraine ibitero bya misile, cyane cyane izigendera ku muvuduko ukomeye. Ukraine imaze igihe isaba izindi sisitemu zo kurinda ikirere n’ibisasu byinshi byo kuzikoresha.

Trump na Zelenskyy baganiriye kandi ku buryo ibiganiro byo kurangiza intambara byasubukurwa. Ariko ibitero bikomeza kwiyongera ku mpande zombi bigaragaza ko kugera ku masezerano y’amahoro bikiri ingorabahizi.

Uburusiya busaba ko Ukraine yemera gutakaza uturere Moscow yigaruriye kandi ikareka umugambi wo kwinjira muri NATO. Ukraine yo ivuga ko amahoro arambye agomba kubahiriza ubusugire bwayo, agasaba ko ingabo z’Uburusiya ziva ku butaka bwa yo kandi kigahabwa ingwate zikomeye z’umutekano.

Ibitero bya Ryazan bigaragaza icyiciro gishya cy’intambara, aho inganda, ibigo by’ubucuruzi, ububiko, amato n’imiyoboro y’ibikoresho bihinduka intego zikomeye. Mu gihe impande zombi zigerageza guca intege ubushobozi bw’umwanzi, abaturage, abakozi n’abacuruzi bato ni bo bakomeje kwishyura igiciro gikomeye cy’intambara imaze imyaka irenga ine.

Umwotsi uzamuka mu gihe abashinzwe kuzimya inkongi bageragezaga kuzimya umuriro wafashe ikigo cy’ububiko n’ikwirakwiza ry’ibicuruzwa cya Wildberries, nyuma y’igitero cya drones za Ukraine mu Ntara ya Ryazan mu Burusiya, ku wa 29 Nyakanga. [Ifoto yatanzwe n’umuyoboro Ukraine Online wa Telegram ibinyujije muri Anadolu]

Ibitekerezo