Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) igiye kwakira doze 70,000 z’urukingo rwa Ervebo, mu rwego rwo gushaka uko hakumirwa icyorezo cya Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo gikomeje gukwirakwira mu bice bitandukanye by’igihugu.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO) n’abafatanyabikorwa ba ryo batangaje ko doze 20,000 zizakoreshwa mu cyiciro cya gatatu cy’amagerageza agamije kureba niba uru rukingo rushobora kurinda abantu virusi ya Bundibugyo. Izindi doze 50,000 zizahabwa abakozi bo kwa muganga n’abandi bari ku murongo wa mbere mu guhangana n’icyorezo.
Urukingo rwa Ervebo rusanzwe rwemewe mu gukumira Ebola iterwa na virusi yo mu bwoko bwa Zaïre, ariko ntiruremezwa ku bwoko bwa Bundibugyo bwateye iki cyorezo. OMS ivuga ko ubushakashatsi bw’ibanze bwakorewe muri laboratwari no ku nyamaswa bwagaragaje ko rushobora gutanga ubwirinzi runaka.
Umuyobozi Mukuru wa OMS, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus, yavuze ko gutanga izi nkingo ari ikimenyetso cy’ubufatanye mpuzamahanga, ariko ashimangira ko gukingira bigomba kujyana no kongera ubushobozi bwo gusuzuma abarwayi, kubavura, gukurikirana abo bahuye na bo no gukorana n’abaturage.
Imibare yatangajwe na RDC kugeza ku wa 18 Kanama 2026 igaragaza ko abantu 5,208 bari bamaze kwemezwa ko banduye Ebola, muri bo 2,476 bakaba bari bamaze gupfa. Abantu 1,115 bari bamaze gukira, naho 730 bari bakiri mu kato cyangwa mu bigo by’ubuvuzi.
Ikigo cy’Uburayi gishinzwe gukumira no kurwanya indwara, ECDC, cyatangaje ko icyorezo cyari kimaze kugera mu turere tw’ubuzima 56 two mu ntara esheshatu ari zo Ituri, Kivu y’Amajyaruguru, Kivu y’Amajyepfo, Haut-Uélé, Bas-Uélé na Tshopo. Abantu bagera kuri 84% mu bazwi ko bahuye n’abanduye ni bo bari bakurikiranwa.
Ku wa Gatanu, tariki ya 21 Kanama, umuhuzabikorwa w’Umuryango w’Abibumbye mu kurwanya Ebola, Julien Harneis, yavuze ko umubare w’abapfuye wamaze kurenga 2,500. Yaburiye ko icyorezo kiri gukwirakwira ku muvuduko ukabije mu gice kinini kuruta Ubufaransa. Yongeyeho ko inkunga ihari ishobora kurangira mu byumweru bike, mu gihe ibitero byibasira abakozi b’ubuzima na byo bikomeje kubangamira ibikorwa byo gutabara.
OMS ivuga ko iki ari cyo cyorezo cya Ebola kimaze kwandura abantu benshi kurusha ibindi byose byigeze kugaragara muri RDC. Gikwirakwizwa no guhura n’amaraso cyangwa andi matembabuzi y’umubiri w’umuntu wanduye, ibikoresho byanduye ndetse no gukora ku murambo w’uwishwe n’iyi ndwara mu buryo butubahiriza amabwiriza y’umutekano.
AFC/M23 yashyizeho amabwiriza mashya
Hagati aho, AFC/M23 igenzura ibice byinshi bya Kivu y’Amajyaruguru n’iya Kivu y’Amajyepfo yatangaje amabwiriza mashya agabanya urujya n’uruza hagati y’uduce igenzura n’utugenzurwa na Leta ya Congo.
Imodoka rusange zo mu bwoko bwa tagisi zinyura mu muhanda wa Goma–Kirumba zizahagarikwa mu gihe cy’ukwezi. Amato mato atwara abagenzi mu nzira zimwe zo mu Kiyaga cya Edward na yo azaba ahagaritswe.
Minibisi n’amakamyo atwara ibicuruzwa bizakomeza gukora, ariko hubahirizwe amabwiriza akomeye y’isuku, gusuzuma abagenzi no gukumira indwara. AFC/M23 yavuze ko izi ngamba zafashwe nyuma y’uko abantu babiri bari bavuye i Lubero basanzwemo Ebola bageze mu gace igenzura.
Guhangana n’iki cyorezo birushaho kugorana kubera intambara, kwimuka kw’abaturage, ibitero ku bigo n’abakozi b’ubuzima ndetse n’imihanda igoye kugerwamo. OMS iburira ko kuba abaturage bambuka kenshi hagati y’uturere n’ibihugu bituranye bituma Ebola ishobora kurenga imbibi, bityo hakenewe ubufatanye bwihuse hagati ya RDC n’ibihugu byo mu karere.

Ibitekerezo