Ku Cyumweru, tariki ya 13 Nzeri 2026, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump, yasabye Ukraine “kureka” kugaba ibitero ku nganda zitunganya ibikomoka kuri peteroli zo mu Burusiya.
Trump yavuze ko Volodymyr Zelensky ari we wateje “ibura rya ry’ibikomoka kuri peteroli”. Kubera ko Ukraine yagabye ibitero byinshi ku bikorwa remezo by’Uburusiya, Moscou yongereye itegeko ryo guhagarika kohereza ibikomoka kuri peteroli mu mahanga.
Yagize ati: “Volodymyr Zelensky agomba gukora ikintu kimwe: agomba kureka kwangiza itunganywa ry’ibikomoka kuri peteroli mu Burusiya”. Ibi Trump yabwiye abanyamakuru ubwo yasuraga irushanwa rya Irish Open ku Cyumweru, tariki ya 13 Nzeri, riri kubera mu burengerazuba bwa Irilande ku kibuga cya golf cy’umuryango we.
Perezida Donald Trump yasabye mugenzi we wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, kureka kwibasira ibikorwa remezo by’itunganywa ry’a mazutu’ibikomoka kuri peteroli mu Burusiya, avuga ko ibitero byateje ibura rya mazutu “birimo kwangiza isi.” Iri tangazo rije nyuma y’uko ibiciro bya mazutu muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bigeze ku rwego rwo hejuru ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, birenga $6 kuri galo (litiro hafi 3.8), nk’uko urubuga rwa GasBuddy rukurikirana ibiciro rubivuga. Iri zamuka ry’ibiciro ntirikunzwe cyane muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika kandi rishobora kugira ingaruka ku matora yo hagati muri Amerika mu ntangiriro z’Ugushyingo.
Mu mezi menshi, Ukraine imaze kwibasira inganda za peteroli na gaze z’Uburusiya mu bikorwa byo guhagarika lisansi, bigatuma habaho igabanywa ry’ibikomoka kuri peteroli mu gihugu hose. Mu rwego rwo gusubiza icyo kibazo, Moscou yabujije kohereza mazutu mu mahanga guhera muri Nyakanga, birushaho kubuza isoko mpuzamahanga ryari risanzwe rigoye ibicuruzwa. Ariko ikibazo cy’isi cyaje nyuma y’intambara na Irani yagabanyije uburyo bwo kohereza peteroli binyuze mu muhora wa Hormuz. Ukraine, ikunze kugabwaho ibitero by’Uburusiya ku bikorwa remezo bya yo by’ingufu, yemeza ko inganda zitunganya peteroli ari intego zemewe n’amategeko za gisirikare. Kyiv ivuga ko inganda za peteroli z’Uburusiya zitera inkunga kandi zigatera imbaraga Moscou mu gutera Ukraine, ubu imaze imyaka irenga ine.
Donald Trump yagize ati: “Twabiganiriyeho na Volodymyr Zelensky. Hari ibindi bikorwa byinshi bashobora kwibasira. Ntibakibasire ahatunganyirizwa mazutu.” Yongeyeho ko, ku bwe, ibura rya mazutu ku isi ridaterwa n’ibibera mu Burasirazuba bwo Hagati, ahubwo riterwa n’ibibera mu Burusiya no muri Ukraine. Umubano wa Trump na Zelensky wakunze kugorana: hari ubwo amagambo ye yasaga n’ashyigikira ibitekerezo by’Uburusiya, hakaba n’ubwo yasaga n’uwiteguye kongera ubufasha bwa gisirikare Amerika iha Ukraine.
Nk’uko Reuters yabonye mu mushinga w’iteganyagihe rya guverinoma y’Uburusiya, icyo gihugu cyagabanyije ingano ya peteroli giteganya gucukura muri uyu mwaka, iyigeza ku rwego rwo hasi kurusha urwagaragaye mu myaka 17 ishize. Cyanavuguruye ingano y’ibikomoka kuri peteroli giteganya kohereza mu mahanga mu 2026 no mu 2027, kubera ingaruka z’intambara.
Raporo Ikigo Mpuzamahanga gishinzwe Ingufu (IEA) cyasohoye ku wa Gatanu w’icyumweru gishize igaragaza ko mazutu ibihugu byo mu Kigobe byohereje mu mahanga muri Kanama yari irenzeho gato kimwe cya kane cy’iyo byoherezaga mbere y’uko intambara na Irani itangira muri Gashyantare. Icyo kigo cyavuze ko ihungabana ry’inganda zitunganya peteroli mu Burusiya, hamwe no kugabanuka gukabije kw’ibikomoka kuri peteroli icyo gihugu cyohereza mu mahanga nyuma y’uko Ukraine yongereye ibitero, byatumye icyuho ku isoko kirushaho kwiyongera.
IEA yongeyeho ko muri Gashyantare, mazutu yoherezwaga mu mahanga n’ibihugu byo mu Kigobe hamwe n’u Burusiya yari hafi 45% bya mazutu yose yacuruzwaga ku isi inyuze mu nyanja. Yaburiye ko ikibazo cy’ibikomoka kuri peteroli bitunganyijwe gishobora gukomeza mu mezi ari imbere, kuko ububiko bwa mazutu buri hasi kandi ibiciro bikaba biteganyijwe gukomeza kuba hejuru.
Nyuma y’amezi menshi ibiganiro byarahagaze, Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zongeye gutangiza ibiganiro bigamije kurangiza intambara imaze imyaka irenga ine muri Ukraine. Mu mpera z’icyumweru gishize, intumwa zidasanzwe za Trump, Jared Kushner na Steve Witkoff, zagiye i Moscou, nyuma zikomereza i Kyiv.

Ibitekerezo