Ubwongereza bwinjiye mu kindi cyiciro cya politiki nyuma y’uko Andy Burnham agiye kurahirira kuba Minisitiri w’Intebe mushya, asimbuye Sir Keir Starmer, weguye nyuma y’igitutu gikomeye cyatewe n’uko Ishyaka ry’Abakozi (Labour Party) ryitwaye nabi mu matora yo mu nzego z’ibanze yabereye mu Bwongereza no mu matora yabereye muri Scotland na Wales.
Burnham, uherutse kongera gutorerwa kuba umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko ya Westminster mu byumweru bike bishize, arahura n’inshingano zikomeye zo kuyobora igihugu kiri mu bibazo by’ubukungu, imibereho y’abaturage n’umutekano wa politiki.
Uyu munyapolitiki wabaye Umuyobozi w’Umujyi wa Greater Manchester imyaka myinshi, araza guhabwa ububasha bwo gushyiraho guverinoma nshya nyuma y’uko Umwami Charles III amwakiriye mu ngoro ya Buckingham Palace, nk’uko biteganywa n’amategeko n’imigenzo ya politiki y’Ubwongereza.
Nubwo Sir Keir Starmer yari amaze igihe ashimangira ko atazegura, ibintu byahindutse mu mpera za Kamena 2026 ubwo yatangazaga ko agiye kuva ku buyobozi bw’ishyaka ndetse no ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe.
Icyemezo cye cyafashwe nyuma y’uko ishyaka rya Labour rihuye n’ibihombo bikomeye mu matora, ibintu byatumye abayoboke b’iri shyaka n’abadepite benshi batangira gusaba impinduka.
Nyuma yo kwegura kwe, hatangiye gushakishwa umuyobozi mushya wa Labour, ariko Andy Burnham ni we wabonye inkunga idasanzwe kuko abadepite 379 ba Labour bamushyigikiye, bituma nta wundi mukandida umuhangara.
Ibyo byatumye inzira yo kugera ku buyobozi bwa guverinoma iba yoroshye, kuko mu Bwongereza Minisitiri w’Intebe mushya ashobora gusimbura uweguye atabanje kunyura mu matora rusange.
Kuki nta matora rusange yabaye?
Abantu benshi bibajije impamvu abaturage batongeye gutora Minisitiri w’Intebe mushya.
Mu Bwongereza, abaturage batora Inteko Ishinga Amategeko, hanyuma ishyaka rifite ubwiganze rikagena umuyobozi wa ryo akaba ari we uba Minisitiri w’Intebe.
Iyo Minisitiri w’Intebe yeguye, ishyaka riri ku butegetsi rishobora kumusimbuza undi bitabaye ngombwa ko habaho amatora mashya.
Amategeko ateganya ko amatora rusange ataha agomba kuba bitarenze ku wa 15 Kanama 2029, keretse bibaye ngombwa ko atumizwa mbere y’iyo tariki.
Mu ijambo rye rya mbere ategerejwe gutangariza ku Biro bya Minisitiri w’Intebe ku muhanda wa Downing Street nimero 10, Burnham arateganya kuvuga ko igihugu kitageze igihe cyo kwishimira intsinzi ahubwo ko kigeze igihe cyo kwemera ibibazo gifite no kubishakira ibisubizo.
Aragaragaza ko kuba igihugu kibonye Minisitiri w’Intebe wa gatandatu mu myaka 10 bishimangira ko politiki y’Ubwongereza ikeneye ituze n’ubuyobozi burambye.
Yateguje ko azaharanira kongera icyizere abaturage bafitiye guverinoma, gushyiraho ubuyobozi bubazwa ibyo bukora no koroshya ubuzima bw’abaturage bahanganye n’izamuka ry’ibiciro.
Yagize ati: “Ntituzabasha guhindura ibintu mu ijoro rimwe, ariko tugomba kwereka abaturage aho tugana n’intambwe zizadufasha kuhagera.”

Gahunda y’ubukungu y’igihe kirekire
Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru The Times, Burnham yavuze ko afite gahunda y’imyaka 10 igamije kubaka ubukungu bushya.
Yemera ko igihugu cyahuye n’ibibazo byinshi mu myaka ishize birimo izamuka ry’ibiciro, ibiciro by’amashanyarazi n’ibikomoka kuri peteroli, ibibazo muri serivisi z’ubuzima, ndetse n’ubwiyongere bw’umwenda wa Leta.
Yavuze ko abaturage bagomba kumenya neza icyerekezo igihugu gifite aho guhabwa amasezerano y’igihe gito.
Burnham yanakoze ku buzima bwe bwite, avuga ko se urwaye indwara ya Alzheimer atazi ko umuhungu we agiye kuyobora igihugu.
Yavuze ko nubwo se atakibasha kubimenya, yumva ari intsinzi y’umuryango wose.
Aya magambo yakoze ku mitima ya benshi mu Bwongereza, cyane cyane imiryango irera abarwayi ba Alzheimer.
Ibyo ashaka guhindura
Nubwo ataratangaza gahunda yuzuye ya guverinoma ye, hari ibyemezo byinshi byamaze kumenyekana.
Harimo:
- Gukuraho umushinga wa Digital ID, wari ugamije guha buri muturage indangamuntu y’ikoranabuhanga.
- Gushyigikira ibikorwa byo gukomeza kubyaza umusaruro peteroli na gaze mu Nyanja ya North Sea hakoreshejwe impushya zisanzweho.
- Kuvugurura uburyo serivisi z’amazi n’ingufu zicungwa kugira ngo Leta ibigirire uruhare rwinshi.
- Gushaka uburyo bwo kugabanya ikibazo cy’izamuka ry’ibiciro ku baturage.
- Kugabanya imisoro ku tubari n’ahabera ibitaramo mu rwego rwo gushyigikira ubucuruzi.
- Kongera imisoro ku bubiko bunini bw’ibigo bikomeye bikora ubucuruzi bwo kuri murandasi kugira ngo haboneke amafaranga yo gufasha ubucuruzi buciriritse.
Umuyobozi w’Ishyaka ry’Aba-Conservateurs, Kemi Badenoch, yamwifurije ishya n’ihirwe ariko amubwira ko yinjiye ku butegetsi adafite gahunda isobanutse.
Yanamushinje kuba yaranze kubazwa ibibazo n’abagize Inteko Ishinga Amategeko no kwitaba ibitangazamakuru mbere yo gufata ubutegetsi.
Badenoch yasabye Burnham:
- Kutazamura imisoro mishya.
- Gushyigikira kongera ubucukuzi bwa peteroli na gaze.
- Kugabanya amafaranga Leta ikoresha mu bikorwa by’imibereho myiza.
Yavuze ko ishyaka rye rizashyigikira guverinoma mu byemezo bizafasha igihugu, ariko rikazarwanya politiki rizabona ishobora kongera umutwaro ku baturage.
Politiki y’Ubwongereza ikomeje guhindagurika
Mu myaka ine ishize gusa, Ubwongereza bumaze kubona ba Minisitiri b’Intebe batanu barimo Boris Johnson, Liz Truss, Rishi Sunak, Sir Keir Starmer, na Andy Burnham.
Abasesenguzi bavuga ko uku guhindagurika kw’abayobozi kwagize ingaruka ku cyizere abaturage n’abashoramari bafitiye ubuyobozi bw’igihugu.
Burnham yavuze ko kimwe mu byo azashyira imbere ari ugusubiza ituze muri politiki no gutuma guverinoma yongera kubonwa nk’ikora neza haba imbere mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga.
Ibibazo bikomeye bimutegereje
Minisitiri w’Intebe mushya arahura n’ibibazo byinshi birimo izamuka ry’ibiciro, ubukungu butagenda neza, ikibazo cy’inzu zihenze, serivisi z’ubuvuzi zifite umurongo muremure w’abarwayi, ikibazo cy’abimukira bambuka Umuyoboro wa English Channel, ndetse n’ingaruka z’imibanire y’Ubwongereza n’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi nyuma ya Brexit.
Azanasabwa gukomeza gushyigikira Ukraine mu ntambara ihanganyemo n’Uburusiya, gukomeza umubano n’Amerika ndetse no gukemura ibibazo by’umutekano n’ubucuruzi.
Abasesenguzi bemeza ko amezi ya mbere y’ubutegetsi bwe azerekana niba koko ashobora kuzana impinduka abaturage b’Ubwongereza bamwitezeho, cyangwa niba igihugu kizakomeza kuba mu bihe by’ihindagurika rya politiki rimaze imyaka myinshi rivugwa.

Ibitekerezo