Umuhungu w’imyaka 16 akurikiranyweho gusambanya murumuna we na mushiki we, undi mugabo na we yatawe muri yombi azira gufata ku ngufu umwana w’imyaka itandatu
Abaturage bo muri Afurika y’Epfo bakomeje gutungurwa n’ibyaha bikomeye byo gufata ku ngufu abana bikomeje kwiyongera, nyuma y’aho Polisi yo muri iki gihugu itangaje ko yafashe abantu babiri bakekwaho ibyaha bitandukanye byo gusambanya abana, barimo umusore w’imyaka 16 ushinjwa gusambanya abo bavukana babiri ndetse n’umugabo w’imyaka 42 ukurikiranyweho gufata ku ngufu umwana w’umukobwa w’imyaka itandatu.
Ibi byaha byombi byabereye mu Ntara ya Limpopo, bikaba byongeye gutuma havugwa ikibazo gikomeye cy’ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore muri Afurika y’Epfo, igihugu kimaze imyaka kiza mu bifite umubare munini w’ibyaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina ku Isi.
Polisi yatangaje ko umwana w’umuhungu w’imyaka 16 ategerejwe kugezwa imbere y’Urukiko rwita ku bana rukorera mu Rukiko rwa Namakgale kuri uyu wa Mbere, nyuma yo gutabwa muri yombi ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize.
Uyu mwana akurikiranyweho ibyaha bibiri byo gufata ku ngufu abo bavukana, barimo mushiki we w’imyaka 12 ndetse na murumuna we w’imyaka umunani.
Nk’uko Polisi ibivuga, iki cyaha cyabereye mu rugo rwabo ruherereye mu gace ka Namakgale ku mugoroba wo ku wa 15 Nyakanga ahagana saa tatu z’ijoro.
Umuvugizi wa Polisi muri Limpopo, Colonel Malesela Ledwaba, yavuze ko icyo cyaha cyamenyekanye nyuma y’iminsi ibiri kibaye.
Ati: “Ku wa 17 Nyakanga umwe mu bana bahohotewe yabwiye nyina ibyari byaramubayeho. Nyuma y’ibyo uwo mubyeyi yahise abaza umuhungu we mukuru ibijyanye n’ibyo yari amaze kumva.”
Uwo mubyeyi na we yarakubiswe
Polisi ivuga ko aho kugira ngo yemere cyangwa asobanure ibyo yashinjwaga, uwo musore yahise arakara cyane.
Amakuru y’iperereza agaragaza ko yahise akubita nyina amugirira nabi, bituma uwo mubyeyi ahita yitabaza Polisi.
Nyuma yo gutanga ikirego, abana bombi bahise bajyanwa kwa muganga kugira ngo basuzumwe ndetse hafatwe ibimenyetso bishobora gukoreshwa mu iperereza.
Colonel Ledwaba yavuze ko hahise hafungurwa dosiye irimo ibyaha bibiri byo gufata ku ngufu.
Yongeyeho ko abaturage bo muri ako gace bafashije Polisi gushakisha uwo musore, baza kumufata bamushyikiriza inzego z’umutekano mbere yo gutabwa muri yombi ku mugaragaro.
Abashinzwe kurengera abana bavuga ko kuba icyaha nk’iki gikekwa kuba cyarakorewe mu muryango ubwawo ari ikimenyetso cyerekana ko ihohoterwa rikorerwa abana rishobora no gukorwa n’abo bizeye kurusha abandi.
Undi mugabo akurikiranyweho gufata ku ngufu umwana w’imyaka itandatu
Mu kindi kibazo cyatangajwe na Polisi, umugabo w’imyaka 42 na we ategerejwe kwitaba Urukiko rwa Ritavi ku wa Kabiri nyuma yo gufatwa ku Cyumweru.
Uyu mugabo akurikiranyweho gufata ku ngufu umwana w’umukobwa w’imyaka itandatu.
Iperereza rigaragaza ko iki cyaha cyabereye mu gace ka Ritavi ku wa 18 Nyakanga ahagana saa mbiri n’igice z’ijoro.
Uwo mwana yari yitabiriye igiterane cy’umuryango ari kumwe n’undi mwana mugenzi we.
Mu gihe bari bari gukinira hafi y’urugo, umugabo wari uzwi n’uwo muryango yabasabye kumuherekeza iwe ngo ajye gufata ikoti.
Nyuma y’igihe gito, umwe muri abo bana yagarutse wenyine.
Abagize umuryango bahise batangira kwibaza aho undi mwana asigaye, bajya kumushakisha.
Bamusanze mu rugo rw’uwo mugabo yambaye imyenda ituzuye.
Polisi ivuga ko uwo mwana yahise asobanurira abagize umuryango ibyari bimaze kumubaho, bahita bihutira kubimenyesha Polisi.
Nyuma yo gutanga ikirego, uwo mwana yajyanywe kwa muganga kugira ngo asuzumwe ndetse akorerwe isuzuma ryihariye rikoreshwa mu gukusanya ibimenyetso ku byaha byo gufata ku ngufu.
Abashinzwe Ishami rya Family Violence, Child Protection and Sexual Offences Unit bahise binjira muri dosiye, batangira iperereza ryatumye uwo mugabo afatwa mu gihe gito.
Polisi yavuze ko dosiye y’icyaha cyo gufata ku ngufu yahise ifungurwa, ndetse iperereza rigikomeje kugira ngo hakusanywe ibimenyetso byose bizashyikirizwa ubushinjacyaha.
Umuyobozi w’agateganyo wa Polisi mu Ntara ya Limpopo, Major General Jan Scheepers, yamaganye yivuye inyuma ibi byaha.
Yashimiye abaturage bagize uruhare mu gutanga amakuru no gufasha mu ifatwa ry’abakekwa.
Yagize ati: “Turashimira abaturage bagaragaje ubushishozi bagatanga amakuru ku gihe. Ubufatanye hagati y’abaturage na Polisi ni ingenzi mu kurwanya ibyaha nk’ibi bibabaza umutima.”
Yanasabye ababyeyi n’abarezi gukomeza gukurikirana abana ba bo. Ati: “Turasaba ababyeyi n’abarezi kutigera barekura abana ngo bagende bonyine cyangwa ngo babure ijisho ribakurikirana. Umutekano w’abana ni inshingano za buri wese.”
Afurika y’Epfo ikomeje guhangana n’ikibazo gikomeye cy’ihohoterwa rishingiye ku gitsina
Afurika y’Epfo ni kimwe mu bihugu bikomeje kuvugwamo ibyaha byinshi byo gufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Raporo zitandukanye z’ubushakashatsi zigaragaza ko buri mwaka hafungurwa ibihumbi byinshi by’amadosiye ajyanye n’ibyaha byo gufata ku ngufu, aho abana n’abagore ari bo bakunze kuba mu bahohoterwa.
Nubwo hari amategeko akakaye ndetse n’inkiko zihariye ziburanisha ibyaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, imiryango iharanira uburenganzira bw’abana ivuga ko hakiri ikibazo cyo gutanga amakuru hakiri kare, kubera ko hari abana batinya kuvuga ihohoterwa bakorewe, abandi bakabangamirwa n’ababukoreye cyane cyane iyo ari abo mu miryango ya bo.
Abahanga mu by’imitekerereze bavuga ko ihohoterwa rikorerwa abana rishobora kubagiraho ingaruka zikomeye zirimo ihungabana rikabije, kwiheba, gutakaza icyizere cyo kubaho, kugira ubwoba buhoraho no kugira ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe bishobora kubakurikirana imyaka myinshi.
Ni yo mpamvu inzego zishinzwe kurengera abana zisaba ko buri mwana uhuye n’ihohoterwa ahabwa ubuvuzi bwihuse, ubufasha bwo mu mutwe ndetse n’ubutabera bwihuse kugira ngo abahohotewe babone kurenganurwa, mu gihe ababikoze bahanwa hakurikijwe amategeko.

Ibitekerezo