Visi Perezida wa Tanzania, Dr Emmanuel John Nchimbi, yatangaje ko yeguye ku mirimo ye kandi agiye gusezera burundu muri politiki no mu bakozi ba Leta, guhera ku wa 4 Nzeri 2026.
Mu itangazo yashyize ahagaragara kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 25 Kanama 2026, Nchimbi yavuze ko yamaze kwandikira Perezida Samia Suluhu Hassan amumenyesha icyemezo yafashe cyo kuva ku mwanya wa Visi Perezida.
Yasobanuye ko yafashe icyo cyemezo ashingiye ku ngingo ya 50(2)(c), ihujwe n’ingingo ya 149(2) y’Itegeko Nshinga rya Tanzania, ziteganya uburyo umuyobozi uri mu mwanya ugengwa n’Itegeko Nshinga ashobora kwegura.
Nchimbi yavuze ko ku wa 27 Kanama 2025 yasezeranyije Perezida Samia kumufasha no gukorera igihugu mu budahemuka, ariko akazava ku mwanya igihe Perezida yaba abonye ko hakenewe undi Visi Perezida.
Yagize ati: “Nta gushidikanya, nemera ko Perezida yifuza impinduka. Ni yo mpamvu nahisemo kubahiriza isezerano namuhaye.”
Nubwo atatangaje mu buryo burambuye impamvu Perezida yaba akeneye iyo mpinduka, Nchimbi yashimiye Samia n’ishyaka riri ku butegetsi, Chama Cha Mapinduzi (CCM), ku cyizere bamugiriye. Yanashimiye Abanyatanzaniya bamushyigikiye mu myaka yamaze mu buyobozi, avuga ko azakomeza kuba umuturage ukunda igihugu.
Kwegura kwe kuje nyuma y’iminsi mike ikinyamakuru MwanaHALISI gihagaritswe amezi atandatu kubera inkuru cyari cyatangaje kivuga ko Nchimbi yanze ubusabe bwo kwegura. Urwego rushinzwe amakuru muri Tanzania, Maelezo, rwavuze ko iyo nkuru itari yujuje amahame yo kugenzura ukuri no guha impande zose umwanya.
Nchimbi yabaye Visi Perezida nyuma yo kwiyamamaza nk’umukandida wungirije wa Samia mu matora yo mu Kwakira 2025. Yatangiye izi nshingano ku wa 3 Ugushyingo muri uwo mwaka.
Mbere ya ho, yari yarabaye Umunyamabanga Mukuru wa CCM, umudepite uhagarariye Songea Urban, Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu ndetse na Minisitiri w’Itangazamakuru, Umuco na Siporo. Yanahagarariye Tanzania nka Ambasaderi muri Brazil no mu Misiri.
Nchimbi wavutse ku wa 24 Ukuboza 1971 afite impamyabumenyi y’ikirenga yakuye muri Kaminuza ya Mzumbe. Kwegura kwe gufungura inzira yo gushaka uzamusimbura ku mwanya wa Visi Perezida wa Tanzania.

Ibitekerezo