AmakuruUbuzima

Umugabo ushinjwa kwica ababikira batatu mu Kamenge, yafatiwe mu Butaliyani

Umugabo w’imyaka 50 akurikiranyweho kuba mu bagize uruhare rukomeye mu iyicwa ry’ababikira batatu b’Abataliyani biciwe i Bujumbura mu 2014, yatawe muri yombi mu mujyi wa Parma mu Butaliyani, nk’uko byatangajwe n’itangazamakuru ryo muri icyo gihugu.

Ibinyamakuru byo mu Butaliyani bivuga ko uyu mugabo witwa Guillaume Harushimana, wari umaze imyaka myinshi aba muri icyo gihugu, yafashwe nyuma y’iperereza rimaze igihe kirekire rikorwa. Umushinjacyaha Alfonso D’Avino yavuze ko Harushimana akekwaho kuba yaragize uruhare rukomeye mu gutegura no gushyira mu bikorwa ubwicanyi bwakorewe ababikira batatu: Olga Raschietti (83), Lucia Pulici (75) na Bernardetta Boggian (79). Bavugwaho ko bishwe kubera ko banze gufasha umutwe w’inyeshyamba z’Abarundi wari uri muri Congo.

BBC utangaza ko ababikira babiri ba mbere bishwe bakubiswe ibikoresho bikomeye mu mutwe, nyuma bacibwa ingoto. Uwa gatatu we yishwe mu ijoro ryakurikiyeho ageze aho babaga, kuko atari ahari ubwo bagenzi be bicwaga; we yishwe aciwe umutwe.

Kugeza ubu Harushimana ntaragezwa imbere y’urukiko kandi nta cyo aratangaza ku byaha ashinjwa. Iyicwa ry’aba babikira bo mu muryango w’aba-Xaverine ryavuzwe cyane mu bitangazamakuru mpuzamahanga muri Nzeri 2014.

Ikinyamakuru Today cyo mu Butaliyani cyatangaje ko umushinjacyaha D’Avino yavuze ko nubwo Harushimana yari afitanye icyizere n’umuyobozi w’umuryango w’abo babikira, akekwaho kuba yarahaye amakuru abicanyi, akabafungurira urugo babagamo ndetse akanabafasha kwihisha mbere yo gukora icyaha.

Bivugwa ko Harushimana yagiye mu Butaliyani mu 2015, nyuma y’uko izina rye rivuzwe kuri radiyo n’abantu bemeye ko ari bo bakoze ubwo bwicanyi. Umwe muri abo wabyemeye nyuma na we yaje kwicwa.

Umushinjacyaha akomeza avuga ko iperereza ryagaragaje ko abateguye n’abashyize mu bikorwa ubwo bwicanyi bakoranye n’igipolisi cy’ibanga cy’u Burundi, kandi ko ngo bahawe amabwiriza na General Adolphe Nshimirimana, ukekwaho kuba yarategetse ubwo bwicanyi kubera ko abo babikira banze kuvura no guha imiti inyeshyamba z’Abarundi zari muri Congo.

General Adolphe Nshimirimana we yishwe arashwe mu 2015.

Ababikira batatu bishwe urw’agashinyaguro kubera kwanga gufasha umutwe w’inyeshyamba wari muri Congo (Ifoto: BBC)

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *