AmakuruPolitiki

RDC mu nzira ihindura itegeko nshinga kugira ngo Tshisekedi yongere kwiyamamaza

Minisitiri w’Imikino n’Imyidagaduro wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko abona nta muntu ushobora gusimbura Perezida Félix Tshisekedi, anavuga ko igihugu cyerekeje kuri manda ye ya gatatu nk’uko BBC yabitangaje.

Ibi yabivugiye mu nama yagiranye n’abarwanashyaka b’ishyaka riri ku butegetsi rya UDPS mu gace ka Kasangulu, mu Ntara ya Kongo-Central. Minisitiri Didier Budimbu yababwiye ko hari gahunda yo gutangiza ubukangurambaga bwo gusaba ko itegekonshinga ry’igihugu ryahindurwa, kugira ngo Perezida Tshisekedi ashobore kongera kwiyamamariza indi manda.

Igitekerezo cyo kongerera Tshisekedi manda ya gatatu kimaze igihe gitera impaka mu baturage no mu banyapolitike, kuko itegeko nshinga rya RDC ritemerera Perezida kurenza manda ebyiri. Izo mpaka zongeye gukaza umurego mu mpera z’icyumweru gishize.

Mu gushimangira ko Perezida Tshisekedi akwiye gukomeza kuyobora igihugu, Budimbu yabajije ati: “Niba Félix Tshisekedi avuye ku butegetsi, ni nde wabumusimbura? Kandi uwo yabusigira yabukoresha iki?”

Yanagaragaje ko ibikorwa by’iterambere n’imibereho myiza avuga ko byagezweho ku buyobozi bwa Tshisekedi ari impamvu ituma akwiye gukomeza kuyobora igihugu.

Minisitiri Budimbu (ibumoso) ari kumwe na Perezida Tshisekedi mu minsi ishize (Ifoto: BBC)

Budimbu kandi yatangaje ko bagiye gutangiza ubukangurambaga bwiswe “Tout Droit Ti na Trois”, bisobanura ngo “Twerekeje ku ya gatatu”, bivuga manda ya gatatu.

Icyakora, bamwe mu banyapolitike batavuga rumwe n’ubutegetsi banenze iki gitekerezo cy’abari mu ishyaka rya Tshisekedi cyo guhindura itegekonshinga kugira ngo yiyamamarize manda ya gatatu.

Mu mpera z’icyumweru gishize, Augustin Kabuya, umunyamabanga mukuru wa UDPS, na we yavuze ko itegekonshinga rishobora gukorwaho impinduka.

Yagize ati: “Mobutu yahinduye itegeko nshinga inshuro 17, Mzee Laurent-Désiré Kabila arihindura inshuro eshatu, na Joseph Kabila yarikozemo impinduka… None se ni iyihe ngingo ibuza UDPS gukora ku itegeko nshinga?”

Mu cyumweru gishize kandi, Bahati Lukwebo, umukuru wungirije wa Sena ya RDC, yatangaje ko atemera na gato imigambi yose igamije guhindura itegeko nshinga ry’iki gihugu.

Ariko mu mpera z’icyumweru gishize, Sena y’iki gihugu yasohoye itangazo ivuga ko ibyatangajwe na Lukwebo ari ibitekerezo bye bwite, ko bitahagarariye Sena yose.

Perezida Félix Tshisekedi uyobora RD Congo kuva mu 2019, kugeza ubu ntaratangaza ku mugaragaro niba yifuza manda ya gatatu. Icyakora mu 2024 yavuze ko itegeko nshinga ry’igihugu rikwiye kuvugururwa kuko hari aho rifite “intege nke”.

Ubutegetsi bwe kandi buhanganye n’ibibazo bikomeye, birimo intambara ikomeje mu burasirazuba bw’igihugu. Leta ya Congo ivuga ko u Rwanda rushyigikira umutwe wa M23 urwana muri ako karere, mu gihe u Rwanda rwo rubihakana ruvuga ko rukorana na M23 mu by’umutekano wo kurinda ko FDLR yakora Jenoside nk’iyakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Amatora ya perezida ataha muri RDC ateganyijwe mu kwezi k’Ukuboza 2028, ari bwo manda ya kabiri ya Tshisekedi izaba irangiye, manda igizwe n’imyaka itanu.

Minisitiri Budimbu (hagati) ubwo yavugaga ko Perezida Tshisekedi akwiye kuyobora manda ya gatatu (Ifoto: BBC)

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *