Umwe mu bakinnyi ba Iran bahawe ubuhungiro muri Australia, yisubiyeho
Leta ya Australia yatangaje ko umwe mu bantu babiri bari mu itsinda ry’umupira w’amaguru rya Iran bari bahisemo kuguma muri icyo gihugu yahinduye icyemezo agahitamo gutaha.
Minisitiri wa Australia ushinzwe abinjira n’abasohoka, Tony Burke, yabwiye inteko ishingamategeko kuri uyu wa Gatatu ko uwo muntu yahinduye icyemezo nyuma yo kuganira n’abandi bakinnyi bari bamaze gusubira iwabo. Yagize ati: “Umwe muri abo babiri bari bemeye kuguma hano ejo nijoro, amaze kuvugana na bamwe mu bakinnyi bari bamaze gutaha, yahise afata umwanzuro wo guhindura icyo cyemezo”.
Abo bantu babiri bavugwa, umwe ni umukinnyi w’ikipe mu gihe undi ari umwe mu bari bashinzwe kuyifasha bayiherekeje. Mbere y’icyo gihe bari bahuriye muri Australia n’abandi bakinnyi batanu bari bahawe viza zibemerera kuguma muri icyo gihugu kubera impungenge z’umutekano wa bo.
Abandi bakinnyi basigaye bo mu ikipe ya Iran bo basubiye iwabo ku mugoroba wo ku wa Kabiri, nyuma y’iminsi ibiri gusa iyi kipe isezerewe mu irushanwa rya AFC Asian Cup nk’uko byatangajwe na BBC.
Minisitiri Burke yasobanuye ko muri Australia buri muntu afite uburenganzira bwo guhindura icyemezo yafashe. Yagize ati: “Muri Australia abantu bemerewe guhindura imyanzuro ya bo, kandi twubaha impamvu zatumye uwo muntu afata uwo mwanzuro”.
Yanongeyeho ko abategetsi babanje kugenzura neza niba uwo muntu yafashe icyemezo ku bushake bwe, bamubaza niba nta gitutu yashyizweho ngo asubire mu ndege agende.
Bamwe mu bagize itsinda ry’umupira w’amaguru rya Iran bahawe ubuhungiro muri Australia kubera impungenge z’umutekano wa bo. Ibyo byatewe n’uko batigeze baririmba indirimbo yubahiriza igihugu cya bo mbere y’umukino bakinnye na Koreya y’Epfo mu cyumweru gishize.
Minisitiri Tony Burke yavuze kandi ko abagore bose bahisemo kuguma muri Australia dosiye za bo zizihutishwa, bityo bakazahabwa uburenganzira bwo gutura burundu muri icyo gihugu (permanent residency).

