AmakuruPolitiki

Iran yavuze ko nta litiro n’imwe y’ibitoro izanyuzwa mu muhora wa Hormuz

Leta ya Iran yatangaje ko gahunda yari ifite yo kugaba ibitero byo kwihorera yarangiye, nk’uko byatangajwe n’umwe mu bavugizi b’ingabo za yo mu itangazo yasohoye.

Uyu muvugizi, Ebrahim Zolfaqari, yavuze ko kuva ubu Iran izajya ikora gusa mu buryo bwo gusubiza igitero ku kindi, aho kuba ari yo itangiza ibitero.

Icyakora, ntibiramenyekana neza niba ibi bivuze ko Iran izahagarika kugaba ibitero ku bihugu biyikikije, igakora gusa mu gihe igabweho igitero, nk’uko bamwe babyakiriye.

Zolfaqari kandi yavuze ko Tehran itazemera ko na litiro imwe y’ibitoro inyuzwa mu muhora wa Hormuz igana muri Amerika, Israel cyangwa ibihugu bafatanyije.

Yagize ati: “Ubwato bwose buzagerageza kujyayo tuzaba tubigize intego yo kubuhiga”.

Yanaburiye amahanga ko ibi bishobora kuzamura cyane ibiciro by’ibitoro, agira ati: “Mwitegure ko igiciro cy’akagunguru gishobora kugera ku madolari 200, kuko gishingira ku mahoro mu karere mwahungabanyije”.

Ubwato bwarasiwe mu muhora wa Hormuz (Ifoto: BBC)

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *