Abanyarwanda 5 n’Abarundi 47 bari mu bimukira 58 bafatiwe mu mukwabu muri Zambia
Ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka muri Zambia byafashe abantu 58 bakekwaho kuba ari abimukira bahaba mu buryo bunyuranyije n’amategeko barimo abanyarwanda batanu, n’Abarundi 47.
Aba bantu bose bafatiwe mu mukwabu wabereye mu bice bitandukanye bya Lusaka ku wa Mbere tariki ya 9 Werurwe 2026.
Umuyobozi mukuru ushinzwe imibanire n’abaturage, Namati Nshinka yabwiye ikinyamakuru Sound of Africa ko icyo gikorwa cyakozwe n’ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka, mu duce twa Kamwala, Mtendere, PHI, Kabulonga, Woodlands, Chelstone, Chalala na Chainda.
Abafashwe barimo Abarundi 47, Abanyekongo 6 n’Abanyarwanda 5, ubu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kamulanga.
Iki gikorwa cyatumye umubare w’abimukira bose bafunzwe muri Zambia ugera kuri 115 bafashwe hagati y’itariki ya 6 n’iya 9 Werurwe 2026 bakurikiranweho kuba muri iki gihugu mu buryo butemewe n’amategeko.
Hagati y’itariki ya 6 n’iya 9 Werurwe, urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka rwakuye mu gihugu abimukira 56 bahabaga mu buryo bunyuranyije n’amategeko kandi rwangira kwinjira mu gihugu abantu bane bananiwe kuzuza ibisabwa kugira ngo binjire mu gihugu cya Zambia.
Vuba aha, muri Werurwe 2026, Leta ya Zambia yirukanye abimukira 138 bari bafatiwe mu murwa mukuru Lusaka no mu nkengero zawo.
Abirukanwe muri bo harimo Abarundi 122, Abanyarwanda 6, Abanyatanzaniya 5, Abanyakongo 3, n’Abanyauganda 2.
Kuva mu mwaka wa 2013, sitati y’ubuhunzi yakuweho ku banyarwanda bahungiye mu mahanga ndetse no muri Zambia hagati ya 1959 na 1998 bayikuriweho.
Ibi byari bisobanuye ko batacyitwa impunzi, ahubwo basabwa gushaka pasiporo z’u Rwanda kugira ngo bahabwe ibyangombwa by’abimukira (immigration permits) bibemerera gutura muri Zambia.
Imibare yigeze gutangazwa yerekanye ko muri Zambia hari Abanyarwanda barenga 6,000 bari bafite icyo kibazo, muri bo abagera kuri 4,000 bakaba bari bakeneye guhindura ibyangombwa.

