AmakuruPolitiki

Umusirikare w’Ubufaransa wa mbere yaguye mu ntambara yo muri Iran

Perezida w’Ubufaransa, Emmanuel Macron, yatangaje ko umusirikare w’icyo gihugu yiciwe mu gitero cya drone cyabereye mu karere ka Erbil muri Iraq, mu gihe abandi basirikare benshi bakomeretse.

Macron yavuze ko uwo musirikare witwaga Arnaud Frion (Adjudant-chef) ari we musirikare wa mbere w’Ubufaransa uhitanywe n’iyi ntambara yatangiye mu kwezi gushize hagati ya Iran n’abayirwanya (Amerika na Israel).

Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga, Macron yagize ati: “Ku muryango we no ku basirikare bagenzi be, ndabamenyesha ko igihugu cyose kibari hafi muri ibi bihe by’akababaro”.

Yanatangaje ko hari abandi basirikare b’Ubufaransa benshi bakomerekeye muri icyo gitero, ashimangira ko igihugu gihagaze ku ruhande rwa bo ndetse n’imiryango ya bo.

Perezida Macron kandi yamaganye bikomeye ibitero bigabwa ku ngabo z’Ubufaransa ziri muri Iraq mu bikorwa byo kurwanya umutwe w’iterabwoba wa Islamic State muri ako karere, avuga ko ibyo bitero bidakwiriye kwihanganirwa.

Yongeyeho ko nubwo ingabo z’Ubufaransa ziri muri Iraq mu butumwa bwo kurwanya iterabwoba, intambara iri kubera muri Iran idakwiye kuba urwitwazo rwo kwibasira izo ngabo.

Ubufaransa bwagaragaje kandi ko butari mu ntambara iri guhuza Leta Zunze Ubumwe z’Amerika na Israel barimo kurwana na Iran.

Emmanuel Macron asuhuzwa n’abasirikare: BBC

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *