Amadrone hafi 1000 mu munsi umwe: Uburusiya bwagabye igitero kidasanzwe kuri Ukraine
Uburusiya bwagabye igitero gikomeye cyane cyo mu kirere kuri Ukraine mu gihe cy’amasaha 24, kikaba ari cyo kinini kurusha ibindi byose kuva intambara yatangira muri Gashyantare 2022. Muri icyo gitero, bwakoresheje amadrone 948 mu gutera ibisasu mu mijyi myinshi yo hirya no hino mu gihugu.
Igisirikare cya Ukraine gishinzwe kurinda ikirere cyatangaje ko amadrone 556 yoherejwe guhera saa cyenda z’ijoro ryo ku wa Kabiri, aho igitero cyakozwe ku manywa—ikintu kidasanzwe—kigasiga hapfuye nibura abantu batatu, abandi benshi bagakomereka.
Mbere ya ho gato, Uburusiya bwari bwagabye ikindi gitero ku ntara 11 za Ukraine, bukoresheje amadrone 392 n’ibisasu bya misile 34, bikaba byahitanye abantu batanu nk’uko ubuyobozi bwa Kyiv bubitangaza.
Mu burengerazuba bw’igihugu, mu Ntara ya Lviv, inyubako y’abihayimana b’aba-Bernardine iri ku rutonde rw’umurage w’isi wa UNESCO yangiritse bikomeye, nk’uko abayobozi babivuga. Intara za Ivano-Frankivsk na Ternopil na zo zatewe, kimwe n’umujyi wa Vinnytsia uherereye hagati mu gihugu.
Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, mu butumwa bwa videwo yavuze ko ibi bitero bikomeye bigaragaza ko Uburusiya budafite umugambi wo guhagarika iyi ntambara.
Ku ruhande rw’Uburusiya, nta cyo igisirikare cya bwo kiratangaza kuri ibyo bitero.
Nubwo Ukraine ivuga ko yashoboye guhanura amadrone hafi ya yose, yemera ko hari aho ibisasu byaguye bikangiza ibintu bitandukanye mu gihugu.
Nubwo mu myaka irenga ine y’intambara nta gace ka Ukraine katatewe, uduce two mu burengerazuba turacyagaragara nk’utwakomeretse cyane ugereranyije n’utwegereye umupaka w’Uburusiya mu burasirazuba.
Hagati aho, mu Burusiya, Guverineri w’intara ya Kursk yavuze ko igitero cya drone cya Ukraine ku kigo cy’ubuhinzi cyahitanye umuntu umwe, kigakomeretsa abandi 13.
Ibiganiro byo gushaka amahoro byari biyobowe na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika byarahagaze, nyuma y’uko Amerika na Israel bitangiye intambara kuri Irani mu mpera z’ukwezi kwa kabiri uyu mwaka.
