AmakuruPolitiki

White House iraburira ko kubura kw’ingengo y’imari bishobora gushyira mu kaga umutekano w’igihugu n’ibikorwa by’indege

Ibiro bya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, White House, byaburiye Inteko Ishinga Amategeko ko amafaranga yo guhemba abakozi b’Urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu (Department of Homeland Security – DHS), ashobora gushira vuba, ibintu bishobora guteza ibibazo ku bibuga by’indege n’impungenge ku mutekano w’igihugu, mu gihe hakomeje gutinda kwemezwa ingengo y’imari.

Mu nyandiko yoherejwe ku wa Kabiri, Ibiro bishinzwe Imicungire y’ingengo y’imari byavuze ko amafaranga yakoreshejwe mu guhemba abakozi ba “Transportation Security Administration (TSA)” n’abandi binyuze mu byemezo bya Perezida Donald Trump azashira bitarenze Gicurasi. Yasabye Inteko kwihutisha kwemeza icyemezo cya Sena cyatangije inzira yo gutera inkunga yuzuye DHS.

Iyo nyandiko yavuze ko “DHS iri hafi kubura amafaranga y’ingenzi,” bishyira mu kaga abakozi n’imikorere y’ingenzi, inagaragaza ko byihutirwa cyane nyuma y’ibyabaye mu mpera z’icyumweru aho umuntu witwaje intwaro yagerageje kwinjira mu birori by’abanyamakuru byabereye muri White House.

DHS imaze amezi arenga abiri ikora idafite ingengo y’imari isanzwe nyuma y’uko Abademokarate banze gutera inkunga zimwe muri gahunda z’abinjira n’abasohoka, mu gihe Abarepubulikani bashaka impinduka muri izo gahunda. Nubwo amafaranga menshi yari yaratanzwe mu yandi mategeko ya Trump, TSA n’izindi nzego zakomeje guhembwa hifashishijwe ibyemezo byihariye bya perezida, ariko ubu ayo mafaranga ari kugabanuka kubera ko imishahara ya DHS irenga miliyari 1.6 z’amadolari buri byumweru bibiri.

Mu rwego rwo gukemura ikibazo, Abarepubulikani batangiye gahunda igoye yo kwemeza ingengo y’imari mu byiciro, bashaka gutanga miliyari 70 z’amadolari ku bikorwa by’abinjira n’abasohoka kugeza manda ya Trump irangiye. Sena yamaze gutangiza inzira, itegereje ko Inteko y’Abadepite ifata icyemezo.

Biteganyijwe ko Inteko ishobora gutora vuba icyemezo cya Sena kigamije gufungura inzira yo gutera inkunga DHS, mu gihe ubuyobozi bwa Trump bwaburiye Abadepite kutagira impinduka zitinza iyo gahunda.

Hagati aho, Perezida w’Inteko y’Abadepite Mike Johnson ateganya kuzana undi mushinga w’itegeko wo gutera inkunga ibindi bice bya DHS birimo TSA, United States Coast Guard n’izindi nzego, umushinga ushyigikiwe n’impande zombi ariko ukaba ukomeje gutindira mu Nteko kubera kutumvikana kw’Abarepubulikani ku buryo bwo kuwushyira mu bikorwa.

Ushinzwe umutekano mu rwego rwa TSA (Ifoto: Huffpost)
Abantu bari ku murongo wa TSA ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya John F. Kennedy, ku wa 22 Werurwe 2026, i New York. (Ifoto ya AP / Yuki Iwamura, via Associated Press)

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *