Trump yahaye ikaze ikipe ya Irani mu Gikombe cy’Isi kizabera muri Amerika
Donald Trump yavuze ko Iran “yahawe ikaze” mu Gikombe cy’Isi kizabera muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika nubwo muri ako karere hari intambara iri kuba, nk’uko Gianni Infantino, Umukuru w’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Umupira w’Amaguru (FIFA), abitangaza.
Mu butumwa yashyize ku Instagram, Infantino yavuze ko yaganiriye na Perezida Trump ku myiteguro y’iri rushanwa rizabera muri Amerika guhera ku wa 11 Kamena 2026 kugeza ku wa 19 Nyakanga 2026, kandi ko ikipe ya Iran yamaze kubona itike yo kuryitabira.
Infantino yavuze ko mu biganiro bya bo, Prezida Trump yemeje ko Iran izitabira iryo rushanwa, nubwo kwitabira kwa bo kwari gutangiye gutera impungenge kubera intambara mu burasirazuba bwo hagati.


