AmakuruPolitiki

Uburusiya bwemeza ko ibitoro bya bwo ari ingenzi ku isoko ry’isi

Intumwa y’Uburusiya ishinzwe ubukungu, Kirill Dmitriev, yatangaje ko isoko mpuzamahanga ry’ingufu ritashobora kugenda neza mu gihe ibitoro by’Uburusiya bitarimo.

Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa Telegram, Dmitriev yavuze ko Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zitangiye kwemera ukuri kugaragara, ko isoko ry’ingufu ku isi ridashobora guhagarara neza ridafite uruhare rw’ibitoro by’Uburusiya.

Yabivuze nyuma y’uko Amerika yemeye by’agateganyo ko ibihugu bimwe byari byarafatiwe ibihano kubera kugura ibitoro by’Uburusiya bishobora kongera kubigura mu gihe gito, hagamijwe kugabanya ikibazo kiri ku isoko mpuzamahanga ry’ingufu mu gihe cy’iyi ntambara yo muri Iran.

Nubwo ibihano bikiriho, White House yatangaje ko ibihugu bizahabwa iminsi 30 yo kugura ibitoro by’Uburusiya byari byaragejejwe mu mato ari mu nyanja, mu rwego rwo gufasha koroshya ibura ry’ibitoro ku isoko mpuzamahanga muri iki gihe.

Bumwe mu bwato bw’Uburusiya butwara ibitoro bwafatiriwe mu nyanja: BBC

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *