Sénégal igiye kurega CAF i Lausanne nyuma yo kuyambura igikombe
Leta ya Sénégal yasabye ko hakorwa iperereza mpuzamahanga ryigenga ku birego bya ruswa bivugwa mu mpuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (Confederation of African Football – CAF) nyuma y’icyemezo cyafashwe cyo kwambura Sénégal igikombe cya Africa Cup of Nations cya 2025 kikagenerwa Morocco.
Mu mukino wa nyuma wabaye muri Mutarama, Sénégal yari yatsinze Maroc igitego 1-0. Icyakora, ku wa Kabiri w’iki cyumweru, CAF yaje gutesha agaciro ibyari byavuye muri uwo mukino, nyuma y’uko abakinnyi ba Sénégal bavuye mu kibuga bigaragambya ubwo Maroc, yari yakiriye irushanwa, yari ihawe penaliti mu minota y’inyongera.
Nyuma y’iminota 17, abakinnyi ba Sénégal bagarutse mu kibuga, penaliti itewe na Brahim Diaz mu buryo bwa “Panenka” ntiyabyazwa umusaruro. Mu minota y’inyongera yakurikiyeho, Pape Gueye yaje gutsindira Sénégal igitego cyabahesheje intsinzi.
Ariko nyuma y’uko ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru rya Maroc (Fédération Royale Marocaine de Football) rishyikirije ubujurire, CAF yanzuye ko Sénégal yatsinzwe uwo mukino mpaga y’ibitego 3-0.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na leta ya Sénégal, yavuze ko iki cyemezo gitangaje kandi kidafite ishingiro, gishingiye ku isobanura ry’amategeko rya CAF bavuga ko ririmo amakosa, bityo kikaba ari icyemezo kirimo akarengane kenshi.
Leta yongeyeho ko Sénégal itemera na gato iki cyemezo cyo kuyambura igikombe, igaragaza ko ari igikorwa kidafite ishingiro.

Ku ruhande rwa yo, ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Sénégal (FSF) ryatangaje ko mu gihe cya vuba cyane rigiye kwiyambaza urukiko nkemurampaka mu mikino (Court of Arbitration for Sport) rukorera i Lausanne mu Busuwisi, kugira ngo rurenganure uburenganzira bwa rwo.
Mu rundi ruhande, FRMF yashimye icyemezo cya CAF, ivuga ko gifasha kubungabunga iyubahirizwa ry’amategeko agenga amarushanwa mpuzamahanga, kandi ko kizagira uruhare mu gutuma umupira w’amaguru muri Afurika urushaho kugendera ku murongo.
Perezida wa CAF, Patrice Motsepe, yavuze ko ibyabaye muri uwo mukino wa nyuma byabangamiye imbaraga zari zarashyizwe mu guteza imbere imiyoborere myiza n’icyizere mu mikino y’umupira w’amaguru.
Yongeyeho ko ari ngombwa ko ibyemezo bifatwa n’inzego za CAF byubahirizwa mu mucyo no mu bunyangamugayo, anashimangira ko nta gihugu na kimwe kizahabwa amahirwe aruta ay’ikindi mu mikino yo ku mugabane w’Afurika.