AmakuruPolitiki

Ubwongereza n’Ubufaransa bagiye kuyobora inama ku Muhora wa Hormuz

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 17 Mata 2026, biteganyijwe ko Ubwongereza n’Ubufaransa bayobora inama igomba guhuza ibihugu by’inshuti za bo, hagamijwe kuganira ku mbaraga zihuriweho zo kugarura ubwisanzure bw’ingendo zo mu mazi mu Muhora wa Hormuz.

Tehran yafunze ku buryo bugaragara uyu muhora w’ingenzi uri ku nkombe za Iran, mu gusubiza ibitero bya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika na Israel. Hagati aho, Amerika na yo yatangiye gufatira ibyambu bya Iran, ibintu byatumye ibiciro by’ingufu bizamuka cyane ku isi.

Biteganyijwe ko ibihugu bigera kuri 40 byitabira iyi nama iteganyijwe ku mugoroba, nk’uko byatangajwe n’ibiro bya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer. Byongeyeho ko abayobozi bibanda ku gushyigikira agahenge koroheje kari mu karere no kureba uko inzira z’ubwikorezi bwo mu mazi zafungurwa kandi zigakomeza kurindwa neza mu gihe kirekire.

Biteganyijwe ko Starmer azabwira iyi nama ko “gufungura byihuse kandi nta mananiza” uyu Muyoboro wa Hormuz ari inshingano z’isi yose, nk’uko byatangajwe na Downing Street.

Na none kandi, baraganira ku buryo hashyirwaho ubutumwa bw’ingabo mpuzamahanga bufite inshingano zo kwirinda gusa, hagamijwe kwizeza umutekano w’ingendo zo mu mazi, nk’uko bigaragara mu butumire bwatanzwe n’ibiro bya Perezida w’u Bufaransa, Elysée Palace, bwabonywe n’ibiro ntaramakuru by’Abafaransa, AFP.

Perezida w’Ubufaransa, Emmanuel Macron (ibumoso) ari kumwe na Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza, Keir Starmer (iburyo): AFP

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *