Ikanzu y’akataraboneka y’Anita Among iri mu maboko ya Polisi
Polisi ya Uganda yafashe ikanzu bivugwa ko yari iya Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Anita Among, mu gihe iperereza ku byaha bya ruswa n’ikoreshwa nabi ry’umutungo wa Leta rikomeje kumukorwaho.
Iyo kanzu bivugwa ko yari yambarwe n’Anita Among mu muhango w’irahira rya Perezida Yoweri Museveni uherutse kuba, ngo yaguzwe amafaranga abarirwa muri miliyoni 1.1 z’Amashilingi ya Kenya (ni ukuvuga miliyoni zirenga 12 z’amafaranga y’u Rwanda). Amakuru yatangajwe ku mbuga nkoranyambaga avuga ko iyi kanzu iri mu bikoresho biri gusuzumwa n’inzego z’umutekano mu rwego rw’iperereza rikomeje.
Mu minsi ishize, inzego z’umutekano muri Uganda zakajije iperereza ku bayobozi bakuru b’Inteko Ishinga Amategeko, aho bamwe mu bakozi ba yo ndetse n’aba hafi y’Anita Among bamaze guhamagazwa cyangwa gutabwa muri yombi. Hari kandi amakuru avuga ko ibikorwa byo gusaka byabereye mu rugo rwe no mu biro bya bamwe mu bayobozi b’Inteko Ishinga Amategeko.
Anita Among amaze igihe avugwaho ibyaha bya ruswa n’itungwa ry’umutungo ukekwaho kuba warabonetse mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Mu 2024, Leta zunze ubumwe z’Amerika n’Ubwongereza zanamufatiye ibihano kubera ibyo birego bya ruswa.

