Umupolisi mukuru wa Tanzania ari mu mazi abira
Leta zunze ubumwe z’Amerika zafatiye ibihano umuyobozi mukuru muri Polisi ya Tanzania, Faustine Jackson Mafwele, zimushinja kugira uruhare mu iyicarubozo no gufata ku ngufu byakorewe impirimbanyi zo muri Afurika y’Iburasirazuba Boniface Mwangi na Agather Atuhaire mu mwaka ushize.
Mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Amerika, Marco Rubio, yavuze ko Mafwele yashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano hashingiwe ku makuru avuga ko yagize uruhare mu ihohoterwa rikomeye ry’uburenganzira bwa muntu. Ibyo bihano birimo no kubuzwa kwinjira muri Amerika.
Ku ruhande rwa Tanzania, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Mahmoud Thabit Kombo, yabwiye BBC ko igihugu cye kitari cyakakira inyandiko yemeza ayo makuru.
Ibi bihano bije mu gihe Tanzania ikomeje kunengwa ku rwego mpuzamahanga kubera ibibazo byo kutubahiriza uburenganzira bwa muntu no gukandamiza abatavuga rumwe n’ubutegetsi. Hari n’abadepite bo muri Amerika bakomeje gusaba ko hashyirwaho izindi ngamba zikomeye kuri icyo gihugu.

Mu mwaka ushize, impirimbanyi Boniface Mwangi na Agather Atuhaire bari bagiye muri Tanzania gukurikirana urubanza rwa Tundu Lissu, umwe mu banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi. Gusa nyuma baza gutabwa muri yombi mbere yo kurekurwa.
Mwangi yavuze ko yafunzwe mu buryo bukomeye, akamburwa imyenda, agafungwa nabi ndetse agakorerwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Atuhaire na we yavuze ko yafashwe ku ngufu igihe yari afungiye muri Tanzania.
Polisi ya Tanzania icyo gihe yahakanye ayo makuru yose, ivuga ko ibyo izi mpirimbanyi zavugaga nta bimenyetso bifatika bifite. Ariko Amerika yavuze ko bamwe mu bapolisi ba Tanzania bafunze, bakoreye iyicarubozo ndetse banafata ku ngufu abo bantu bombi.
Nubwo itangazo ry’Amerika ritagaragaje neza uruhare rwa Mafwele muri ibyo bikorwa, umwe mu bayobozi muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’Amerika yavuze ko igihugu cyabo kiri gukora ibishoboka kugira ngo haboneke ubutabera kuri ayo mahano.
Muri Gashyantare uyu mwaka, filime mbarankuru ya BBC Africa Eye yiswe “Tanzania’s State of Fear” yagaragaje ubuhamya bw’abarimo Atuhaire na Mwangi bashinja Mafwele kugira uruhare mu ishimutwa n’ihohoterwa rya bo.
Mafwele ni umwe mu bayobozi bakomeye muri Polisi ya Tanzania, akaba ari na we wa mbere mu butegetsi bwa Perezida Samia Suluhu Hassan ufatiwe ibihano n’amahanga.
Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu nk’Amnesty International na Human Rights Watch yakomeje gusaba iperereza ryigenga kuri iri hohoterwa, inagaragaza ko muri Tanzania hakomeje kwiyongera ibikorwa byo gucecekesha abatavuga rumwe n’ubutegetsi n’abaharanira uburenganzira bwa muntu.
Ibi bibaye kandi nyuma y’amatora rusange aheruka kuvugwaho uburiganya no gukurikirwa n’imyigaragambyo yahitanye abantu benshi. Komisiyo yakoze iperereza kuri ayo makuru yavuze ko abantu barenga 500 bapfuye, bamwe bakaba bararashwe mu myigaragambyo yakurikiye ayo matora.
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi n’imiryango mpuzamahanga bavuga ko inzego z’umutekano zakoresheje ingufu z’umurengera ku baturage, mu gihe leta yo ivuga ko yari ihanganye n’abashakaga guhungabanya ubutegetsi.
Perezida Samia Suluhu Hassan, wabaye Perezida wa mbere w’umugore muri Tanzania mu 2021 nyuma y’urupfu rwa John Magufuli, yabanje gushimwa kubera koroshya igitutu cya politiki, ariko uko imyaka yagiye ishira ni ko igihugu cyakomeje kunengwa ku bibazo bya demokarasi n’ubwisanzure bwa politiki.

