RGB yirukanye Pasiteri Ngendahayo Juvenal mu itorero Inkuru nziza
Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, rwafashe icyemezo cyo gukuraho inzego z’ubuyobozi bw’Itorero Église Inkuru-Nziza au Rwanda (EIR), nyuma y’ibibazo bimaze igihe bivugwa birimo kutubahiriza amategeko, icyenewabo ndetse n’imiyoborere idaha abanyamuryango uruhare mu byemezo.
Iki cyemezo gikubiye mu ibaruwa yo ku wa 21 Gicurasi 2026 yashyizweho umukono n’Umuyobozi Mukuru wa RGB, Doris Uwicyeza Picard.
Muri iyo baruwa, RGB yatangaje ko Komite Nyobozi n’Urwego Nkemurampaka by’iri torero byakuweho, hashyirwaho ubuyobozi bw’inzibacyuho buzamara amezi atandatu mbere y’uko hategurwa amatora mashya.
Ibi bibaye nyuma y’impungenge zatanzwe n’abashumba bamwe bo muri iri torero ndetse na raporo zinyuranye zagaragaje imikorere inyuranyije n’amategeko.
Mu byo RGB yashingiyeho harimo icyemezo cyafashwe n’Inteko Rusange muri Mutarama 2025 cyo kongerera manda Komite Nyobozi indi myaka itatu nta matora akozwe, ibintu byavuzwe ko binyuranyije n’amategeko agenga imiryango ishingiye ku myemerere.
Raporo zagejejwe kuri RGB zanagaragaje ibibazo birimo kwimakaza icyenewabo, ikimenyane no kudakoresha uburyo buboneye mu itangwa ry’inshingano.
Hari kandi abavuze ko abanyamuryango batagiraga uruhare rugaragara mu byemezo bifatwaga n’ubuyobozi bw’itorero.
Mu bindi byagarutsweho, RGB yavuze ko Umuvugizi w’Itorero, Pasiteri Ngendahayo Juvenal, atujuje ibisabwa n’itegeko rijyanye n’impamyabumenyi n’ubumenyi busabwa abayobozi b’imiryango ishingiye ku myemerere.
Urwego Nkemurampaka rw’itorero narwo rwanenzwe kuba rwarananiwe gukemura amakimbirane no gukumira ibibazo byakomeje kuvugwa muri iri torero.
RGB yatangaje ko ubuyobozi bw’inzibacyuho bwashyizweho buzafasha gusubiza ituze n’imikorere ishingiye ku mucyo muri EIR, ndetse bukazategura amatora mashya azakorwa mu buryo bwubahiriza amategeko n’amahame y’imiyoborere myiza.
Byamenyeshejwe Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Abagize inzego n’abanyamuryango by’Itorero,Umuyobozi wa Evangelical Alliance n’umuyobozi wa Rwanda Interfaith Council(RIC).

