Uganda mu mukwabu ukomeye: Abanyamahanga 231 batawe muri yombi
Abategetsi bo muri Uganda batangaje ko abantu 231 b’abanyamahanga bamaze gufatwa mu bikorwa bikomeje byo kurwanya abinjira mu gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Mu gikorwa cyabereye mu gace k’ubucuruzi ko mu murwa mukuru, abantu 169 bafashwe n’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka, nyuma yo gusangwa batuye mu nyubako badafitiye ibyangombwa bibemerera kuhatura.
Abafashwe bakomoka mu bihugu bitandukanye birimo Pakistan, Bangladesh, Ethiopia, Ubuhinde, Ghana, Myanmar, Sri Lanka, Malaysia na Cambodia.
Umuvugizi wa Minisiteri y’Umutekano mu Gihugu, Simon Peter Mundeyi, yavuze ko ibi bikorwa biri mu rwego rwa gahunda ya Leta igamije kubahiriza amategeko agenga abinjira mu gihugu no kurwanya imitwe y’abakora ubujura bwo kuri interineti.
Iyo minisiteri yavuze ko bamwe mu bafashwe bari barashukishijwe akazi, mu gihe abandi bakekwa kwishora mu bikorwa by’uburiganya bukorerwa kuri interineti.
Mu kindi gikorwa cyabereye mu mujyi wa Adjumani, mu majyaruguru y’igihugu, hafatiwe abanya-Nigeria 69 bakekwaho gukorera mu gihugu badafite ibyangombwa byemewe ndetse bakora ibikorwa bitemewe n’amategeko, birimo no kwiyitirira ibikorwa by’iyobokamana.
Mundeyi yavuze ko hari abinjira mu gihugu bavuga ko ari abavugabutumwa, ariko nyuma bagasanga bakora ibinyuranyije n’amategeko.
Abasesenguzi bavuga ko ibi bikorwa bigaragaza ko hari kwiyongera kw’imitwe y’abanyamahanga bakora ubujura bwo kuri interineti muri Uganda.
Mu mwaka wa 2020, hafashwe Abashinwa 36 mu gikorwa kinini cyari kigamije kurwanya ubu bujura, aho hafatiwe ibikoresho byinshi birimo telefoni zirenga 3,500, amakarita ya SIM 1,700 ndetse n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga.
Abategetsi bemeje ko abafashwe bose bazashyikirizwa ubutabera mbere yo gusubizwa mu bihugu bakomokamo.

