AmakuruUbuzima

Ebola ikomeje guca ibintu muri DRC, hamaze gupfa abantu 65

Icyorezo cya Ebola cyongeye kugaragara mu Ntara ya Ituri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho Ikigo Nyafurika gishinzwe kurwanya no gukumira indwara, Africa CDC, gitangaza ko abantu 246 bakekwaho kwandura iyi ndwara, mu gihe 65 bamaze guhitanwa na yo. Abenshi mu bahitanywe n’iki cyorezo bakomoka mu bice bya Mongwalu na Rwampara.

Utwo turere twombi dusanzwe twishingikirije cyane ku bucukuzi bwa zahabu nk’isoko rikuru ry’ubukungu.

Ibisubizo by’ibizamini bya laboratwari byakorewe i Kinshasa byagaragaje ko abantu 13 muri 20 bapimwe basanzwemo virusi ya Ebola, mu gihe hari abandi bantu bakomeje gukorerwa ibizamini i Bunia kubera gukekwaho kuyandura.

Mu bantu bamaze gupfa, bane ni bo bamaze kwemezwa ko bishwe na Ebola. Africa CDC yahise itumiza inama yihutirwa yahuje DR Congo, Uganda, Sudani y’Epfo ndetse n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga, hagamijwe gukaza ingamba zo kugenzura imipaka no gukumira ikwirakwira ry’iki cyorezo.

Uku kongera kuboneka kwa Ebola kubaye hashize igihe gito icyorezo cyari cyadutse tariki 16 mu Ntara ya Kasai gitangajwe ko cyarangiye ku wa 1 Ukuboza 2025. Icyo gihe abantu 64 bari banduye, muri bo 45 barapfa.

Nubwo amakuru akomeje kuvugwa, Guverinoma ya DR Congo ntiratangaza ku mugaragaro ko iki cyorezo cyongeye kwaduka. Gusa biteganyijwe ko hazaba ikiganiro n’abanyamakuru nk’uko umwe mu bakozi ba leta yabibwiye BBC.

Kuva mu mwaka wa 2021, Intara ya Ituri iri mu buyobozi bwa gisirikare nyuma y’uko ubutegetsi bwa gisivili busimbuwe n’umujenerali, mu rwego rwo guhangana n’imitwe yitwaje intwaro ikorera muri ako gace, harimo n’umutwe wa Allied Democratic Forces (ADF).

Itsinda ry’abashinzwe ubuzima ubwo ryitaga ku bafite Ebola muri RDC (Ifoto: BBC)

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *