AmakuruUbuzima

Ebola yateje impagaraga; urukingo si vuba

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO), ryatangaje ko kubona urukingo rw’ubwoko bushya bwa Ebola bishobora gufata igihe kigera ku mezi icyenda, ibintu bikomeje guteza impungenge mu bihugu byibasiwe n’iyi ndwara.

Ku wa Gatatu w’ejo hashize, umuganga Dr Vasee Moorthy ushinzwe gutanga inama muri OMS yavuze ko hari inkingo ebyiri ziri gukorwaho nk’izishobora kuvamo urukingo rw’ubwoko bwa Ebola bwa Bundibugyo, ariko ashimangira ko nta n’imwe irageragezwa ku barwayi kugira ngo harebwe niba yakora neza.

Umuyobozi mukuru wa OMS, Tedros Adhanom Ghebreyesus, yavuze ko hamaze kuboneka abantu basaga 600 bakekwaho kwandura Ebola, mu gihe yahitanye abandi 139. Yongeyeho ko iyi mibare ishobora gukomeza kwiyongera kubera gutinda gutahura virusi.

Mu kiganiro yahaye abanyamakuru i Genève mu Busuwisi, Dr Tedros yavuze ko abantu 51 bamaze kwemezwa ko banduye iyi ndwara muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho umuntu wa mbere yayigaragaweho, ndetse n’abandi bantu babiri bayisanganywe muri Uganda ihana imbibi na Congo.

Nubwo OMS yatangaje ko Ebola yabaye ikibazo cy’ubuzima gihangayikishije isi yose, yavuze ko kugeza ubu itaragera ku rwego rwo kwitwa icyorezo mpuzamahanga gikomeye.

Virusi ya Ebola (Ifoto yakuwe kuri interineti)
Ku mupaka w’u Rwamda na Congo hakomeje ingamba zo kwirinda ikwirakwira rya Ebola (Ifoto: Interineti)

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *