
Congo yerekanye abarwanyi 20 ba M23 yafatiye ku rugamba
Igisirikare cya Congo, FARDC cyagaragaje abantu kivuga ko ari abarwanyi ba AFC/M23 bafatiwe ku rugamba mu bikorwa bya gisirikare, Opération Sukola II.
Aba barwanyi bagera kuri 20 barimo abo muri M23 n’abo muri Twirwaneho, bivugwa ko bishyikirije ingabo za Congo, FARDC muri teritwari ya Fizi, mu Ntara ya Kivu y’Epfo.
Colonel Apoko Bangala Michel, ukuriye ibikorwa bya Operation Sukola II muri Kivu y’Epfo ni we wagaragaje aba barwanyi.
Agaragaza ko aba barwanyi bahawe ubufasha bw’ubuvuzi, n’ibyo kurya igihe bahitagamo kwitanga ku ngabo za leta mugace ka Mikenge.
Aba barwanyi ngo bari muri Centre ya Minembwe, bakaba bari bafite intwaro zirimo imbunda zo mu bwoko bwa AK-47, mitrailleuse PKM n’izitwa lance-roquettes RPG-7.
FARDC ivuga ko ngo abo barwanyi bavuze ko bavuye mu nyeshyamba kubera gufatwa nabi, n’ubuzima bugoye.
Colonel Apoko Bangala Michel yabwiye aba barwanyi ko bafasha Leta bagashishikariza bagenzi babo bakiri mu ishyamba gushyira intwaro hasi bagataha kuko ngo bazakirwa neza.
Kugeza ubu ibi bivugwa na FARDC ntacyo AFC/M23 cyangwa Twirwaneho baragira icyo babivugaho ngo bashyire umucyo kuri iri fatwa ry’aba barwanyi.
