AmakuruPolitiki

Igitero cya Israel cyahitanye umuvugizi w’ingabo zikomeye za Iran (IRGC)

Ibitero Israel yagabye kuri Iran kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Werurwe 2026, byahitanye umuvugizi w’umutwe w’ingabo zirinda impinduramatwara ya Iran uzwi nka Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC), nk’uko byatangajwe n’itangazamakuru rya Leta ya Iran.

Uwo muvugizi, Brigadier General Ali Mohammad Naini, yari amaze hafi imyaka 40 akorera uwo mutwe wa gisirikare, kandi yari amaze imyaka ibiri gusa ari umuvugizi wa wo, nk’uko byemejwe n’ibiro ntaramakuru Fars News Agency bifitanye isano na IRGC.

Mu gihe ibi byabaye, Iran na Israel byakomeje kugabanaho ibitero, mu gihe abaturage benshi ba Iran bari mu byishimo byo kwinjira mu mwaka mushya wa 1405 ukurikije ingengabihe y’Abaperse izwi nka Solar Hijri.

Mu ijoro ryakeye, Iran yarashe ibisasu bya misile ku butaka bwa Israel, aho urusaku rw’iturika rwumvikanye i Yeruzalemu, ndetse no mu gitondo cy’uyu munsi hakomeje kuraswa ibindi bisasu byerekeza muri icyo gihugu.

Kugeza ubu, iyi ntambara imaze guhitana abantu barenga 3,000, abenshi bakaba ari abo muri Iran na Liban, kandi ikomeje kugira ingaruka zikomeye ku bukungu bw’isi.

Hagati aho, mu gihe Abasiyilamu bo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu bari batangiye kwizihiza umunsi mukuru wa Eid-Al-Fitr, na bo baburiwe ku byago bishobora guterwa n’ibisasu bya misile bya Iran.

Brigadier General Ali Mohammad Naini yari amaze hafi imyaka 40 akorera umutwe wa IRGC (Ifoto: BBC)

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *