Tanzania mu gahinda: Nyina wa Perezida Magufuli yitabye Imana
Suzana Magufuli, nyina w’uwigeze kuba Perezida wa Tanzania John Pombe Magufuli, yitabye Imana nyuma y’igihe kinini yari amaze arwariye iwe mu Karere ka Chato gaherereye mu Ntara ya Geita.
Amakuru yatanzwe n’abo mu muryango we avuga ko yishwe n’uburwayi mu ijoro ryakeye ahagana saa saba z’ijoro. Ibinyamakuru byo muri Tanzania byatangaje ko Suzana Magufuli yari afite imyaka irenga 90 y’amavuko.
Urupfu rwe rwemejwe kandi n’ibiro bya Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, aho uyu mukuru w’igihugu yihanganishije umuryango wa Magufuli ndetse anawifuriza gukomera muri ibi bihe bikomeye.
John Pombe Magufuli wayoboye Tanzania kuva mu 2015, yitabye Imana mu mwaka wa 2021 afite imyaka 61. Icyo gihe yari agitangira manda ye ya kabiri nyuma yo kongera gutorerwa kuyobora igihugu.

